AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

HEC yatangije amarushanwa ku biga ubumenyi n’ikoranabuhanga

Yanditswe May, 09 2023 18:39 PM | 100,201 Views



HEC yatangije amarushanwa ku biga ubumenyi n’ikoranabuhanga

Ikigo gishinzwe amashuri makuru (HEC) cyatangije ku imurikabikorwa n’amarushanwa y’ibijyanye n’imishinga y’amasomo ya siyansi, ikoranabuhanga n’imibare (STEM), byigishirizwa mu mashuri makuru mu Rwanda.

Ni igikorwa kigamije kumenyekanisha uruhare rw’amashuri makuru mu guteza imbere ubushakashatsi no guhanga udushya hagamijwe gukemura bimwe mu bibazo bigaragara muri sosiyete.

Bamwe mu banyeshuri bitabiriye iri murikabikorwa bagaragaza inyungu imishinga yabo ifitiye sosiyete ahanini usanga ishingiye ku kurengera ibidukikije.

Amikoro ni kimwe mu bibazo bituma aba banyeshuri batagura imishinga yabo ku buryo yagirira abaturage akamaro mu buryo bwaguye. Akaba ari muri urwo rwego ubuyobozi bw’umushinga Akazi kanoze Access, bwiyemeje gukorana na bo mu gukemura bimwe mu bibazo bahura nabyo.

Umuyobozi mukuru w’inama nkuru y’amashuri makuru HEC, Dr. Mukankomeje Rose, yemeza ko amashuri makuru agira uruhare mu mibereho y'abaturage ariko nanone akagaragaza ahakwiye kongerwa ingufu.

Mu marushanwa, hatoranijwe imishinga 32 yo mu mashuri makuru 10 ikaba ari na yo izahatanira igihembo nyamukuru. Hazahembwa imishinga 5 ya mbere aho umushinga wa mbere uzahembwa miliyoni 5 Frw.

Mugisha Christian



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize