Yanditswe Mar, 13 2019 10:02 AM | 4,882 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w'Ibiro by'Umukuru w'Igihugu cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo Vital Kamerhe bagirana ibiganiro byibanze ku kunoza umubano w’ibihugu byombi.
Muri ibyo biganiro hanagarutswe ku ngendo z’abakuru b’ibihugu, nk’umusaruro uzakomoka ku mibanire myiza ibihugu byombi bifitanye. Nkuko byemezwa na Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga Dr. Richard Sezibera uruzinduko rwa Perezida Tshisekedi i Kigali ruteganywa mu minsi ya vuba.
Nk’uko bigaragara ku rubaga rwa Twitter rw'ibiro by'umukuru w'igihugu cya Congo Kinshasa, ubu butumwa bujyanye n'ikifuzo cya Perezida Tshisekedi mu gutanga ubufasha mu kugarura amahoro arambye mu burasirazuba bw'igihugu.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y'Ububanyi n'Amahanga y'u Rwanda Amb Olivier Nduhungirehe, nawe abinyujije kuri twitter yavuze ko Tanzania, Kenya, Congo Kinshasa U Rwanda n'ibindi bihugu byo mu karere k'ibiyaga bigari birajwe inshinga no guharanira amahoro, binyuze mu gukemura burundu ikibazo cy'imitwe yitwaje intwaro, ariko kandi hakabaho ubufatanye mu bukungu no kwishyira hamwe kw'ibihugu.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru