AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye Vital Kamerhe wa DRC

Yanditswe Mar, 13 2019 10:02 AM | 4,882 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w'Ibiro by'Umukuru w'Igihugu cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo Vital Kamerhe bagirana ibiganiro byibanze ku kunoza umubano w’ibihugu byombi. 

Muri ibyo biganiro hanagarutswe ku ngendo z’abakuru b’ibihugu, nk’umusaruro uzakomoka ku mibanire myiza ibihugu byombi bifitanye. Nkuko byemezwa na Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga Dr. Richard Sezibera uruzinduko rwa Perezida Tshisekedi i Kigali ruteganywa mu minsi ya vuba. 

Nk’uko bigaragara ku rubaga rwa Twitter rw'ibiro by'umukuru w'igihugu cya Congo Kinshasa, ubu butumwa bujyanye n'ikifuzo cya Perezida Tshisekedi mu gutanga ubufasha mu kugarura amahoro arambye mu burasirazuba bw'igihugu. 

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y'Ububanyi n'Amahanga y'u Rwanda Amb Olivier Nduhungirehe, nawe abinyujije kuri twitter yavuze ko Tanzania, Kenya, Congo Kinshasa U Rwanda n'ibindi bihugu byo mu karere k'ibiyaga bigari birajwe inshinga no guharanira amahoro, binyuze mu gukemura burundu ikibazo cy'imitwe yitwaje intwaro, ariko kandi hakabaho ubufatanye mu bukungu no kwishyira hamwe kw'ibihugu.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira