Yanditswe Apr, 18 2019 19:02 PM | 10,254 Views
Minisiteri y'Ubuzima itangaza ko inzego zinyuranye zirimo kuganira ku buryo abafite ubumuga babona insimburangingo n inyunganirangingo hifashishijwe ubwisungane mu kwivuza.
Ubwo hatahwaga ku mugaragaro ikigo cy ikitegererezo kita ku bafite ubumuga, ikigo kiri i Gahini muri Kayonza, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'Ubuzima, Dr Nyemazi Jean Pierre yatanze icyizere ko ko uyu mwaka uzarangira, ubwisungane mu kwivuza bukoreshwa mu kugura insimburangingo n'inyunganirangingo.
Byukusenge Emmanuel ni umuturage wo mu karere ka Nyabihu we n'abandi babyeyi baturuka no mu tundi turere baje kuvuriza mu kigo cya Gahini.
Icyo bahurizaho n ibikoresho bavuga ko biri muri iki.kigo utapfa kubona ahandi mu Rwanda.
Icyakora abagana iki kigo kita ku bafite ubumuga bavuga ko insimburangingo n inyunganirangingo zihenze kandi n ubwisungane mu kwivuza kutabishingira.
Ku cyifuzo cy’ uko ubwisungane mu
kwivuza bwakoreshwa mu kugura insimburangingo n’ inyunganirangingo,
umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'Ubuzima, Nyemazi Jean Pierre avuga iki
kibazo kirimo kuganirwaho kandi ko vuba kiraba cyabonewe umuti.
Ikigo cy’i Gahini kita ku bantu bafite ubumuga. (Center of cyubatswe ku
nkunga y imiryango inyuranye yo mu gihugu cy Ubudage. Cyuzuye gitwaye
amafaranga akabakaba miliyari imwe n’igice (1,500,000,000) z’amafaranga y’u
Rwanda . Ibikoresho byo byatwaye agera kuri miliyoni magana arindwi mirongo
itanu (750,000,000) z’amafaranga y’u Rwanda.
Ni inkuru ya Akimana Latifah
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru