AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Guverinoma y'u Rwanda yihanganishije imiryango yaburiye ababo mu mpanuka y'ubwanikiro bw'ibigori

Yanditswe Feb, 03 2023 16:08 PM | 12,382 Views



Guverinoma y'u Rwanda yihanganishije imiryango yaburiye ababo mu mpanuka y'ubwanikiro bw'ibigori yabereye mu Murenge wa Rusororo, wo mu Karere ka Gasabo. Inizeza ubufasha bukenewe kuri iyi miryango.

Kugeza ubu abantu 11 nibo baguye muri iyi mpanuka y'ubwanikiro bw'ibigori yabereye mu Kagari ka Gasagara, Umurenge wa Rusororo, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Abantu 50 nibo bakomerekeye muri iyi mpanuka, harimo abagize ibibazo by'imvune ndetse n'abagize ikibazo cy'ihungabana, bakaba bajyanywe kuvurirwa mu Bitaro bya Masaka, Kibagabaga ndetse na Kanombe.

Minisitiri w'Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana akaba yasuye abakomerekeye muri iyi mpanuka abagezaho ubutumwa bw'ihumure ndetse ko na Guverinoma yiteguye kubafasha ndetse n'imiryango yaburiye ababo muri iyi mpanuka.

Ababonye iyi mpanuka bavuga ko byatewe n'umuyaga mwinshi wahushye ubu bwanikiro, bigatizwa umurindi no kuba bwarimo umusaruro mwinshi w'ibigori ndetse n'ibiti bibukoze bikaba byari byaramunzwe.

Guverinoma y'u Rwanda yatangaje ko igiye kongera ingamba zo gukurikirana ireme ry'imyubakire kugirango hakomeze kwirindwa impanuka nk'izi.






Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira