Yanditswe Mar, 10 2023 19:11 PM | 80,742 Views
Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko izakomeza gukora amavugura yose ashoboka mu rwego rwo kunoza serivisi zihabwa abashoramari n’abikorera muri rusange, baba ab’imbere mu gihugu ndetse n’abava mu mahanga.
Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatanu ubwo hatangizwaga ku mugaragaro ibiro bizwi nka One Stop Center bitangirwamo serivisi zose zikenerwa n’abashoramari.
Iyi One Stop Center ikomatanyirije hamwe serivisi zose zihabwa abashoramari bakeneye ibyangombwa bitandukanye bizwi nka licences na permits ifite icyicaro ku biro by’urwego rw’igihugu rw’iterambere, RDB.
Umukuru w’uru rwego, Clare Akamanzi avuga ko nubwo One Stop Center yari isanzweho itatanga serivisi zose zikenerwa n’abashoramari.
Ikindi ngo ni uko ubu buryo buzatuma serivisi inoga kurushaho.
RDB ivuga kandi ko ibi bishobora gutuma u Rwanda ruzamuka muri Doing Business, urutonde rwa Banki y’Isi rwerekana uko ibihugu birushanwa mu korohereza abashoramari.
Imwe muri serivisi nshya ziri muri iyi One Stop Center ni izafasha abashoramari bakorera mu Rwanda kugeza ibicuruzwa byabo ku isoko rusange rya Afurika, Africa Continental Free Trade Area.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Prof. NGABITSINZE Jean Chrysostome avuga ko n’izindi serivisi zizongerwamo mu gihe bizaba ngombwa.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda PSF rushima uburyo abikorera bakomeje koroherezwa mu mirimo yabo ndetse visi perezida wa kabiri w’uru rugaga, Kimenyi Aimable asaba abikorera hirya no hino mu gihugu kubyaza umusaruro aya mahirwe.
Ku ikubitiro iyi One Stop Center irimo gutangirwamo serivisi ziri hagati ya 100 na 200 zisanzwe zitangwa n’inzego za leta zisaga 20.
Divin Uwayo
Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD
4 hours
Soma inkuru
Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi
Jun 08, 2023
Soma inkuru
Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw’amazi rwa Nzove
...
Jun 05, 2023
Soma inkuru