Yanditswe Jun, 07 2022 18:25 PM | 159,442 Views
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko igiye gutangiza umushinga wa miliyari zisaga 300 Frw uzatuma inyungu ku nguzanyo zigenewe ubuhinzi ziva kuri 24% zikagera munsi y’i 10%.
Ibi Minisitiri
w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana yabivugiye mu kiganiro
nyunguranabitekerezo cyateguwe na Sena, ikiganiro cyatinze ku ngamba zo
kwegereza abaturage serivisi z’imari.
Inzego
zifite aho zihuriye n’ubukungu zagiranye ibiganiro na Sena ku ngingo irebana no
kwegereza abaturage serivisi z’imari ku buryo budaheza. Abasenateri bo muri
komisiyo y’iterambere ry’ubukungu n’imari bateguye iyi nama, muri rusange bashimye
intambwe imaze guterwa muri serivisi z’imari, aho kugeza ubu abafite imyaka
y’ubukure bangana na 93% bagerwaho na serivisi z’imari.
Bimwe mu bibazo byagaragajwe n’abasenateri ni uko inyungu ku nguzanyo zikiri ku bipimo byo hejuru bikanagera kuri 21%, hakaniyongeraho ko ibigo by’imari bidakurikirana abo byahaye inguzanyo bikanatuma icyizere abaturage bagirira ibigo by’imari kigabanuka cyane ko abagera kuri 61% nta cyizere bafitiye ibigo by’imari.
Imibare itangwa na Banki Nkuru y’Igihugu yerekana ko amabanki y’ubucuruzi yihariye 60% by’umutungo wose w’ibigo by’imari, naho za Sacco zashyiriweho kwegera no korohereza abaturage ziri ku gipimo cya 5% ari nazo zigira inyungu iri hejuru.
Guverineri wa banki nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa agaragaza ko biruhije kugabanya ibipimo by’inyungu ku nguzanyo bitewe n’uko amafaranga banki zikoresha ziyabona ahenze hakaniyongeraho n’umuco wo kuzigama utaragera ku gipimo cyo hejuru mu baturage.
Ikindi kibazo kigihangayikishije ni uko mu nguzanyo zose zitangwa n’ibigo by’imari, izihabwa abahinzi zitarenga igipimo cya 5% nyamara uru rwego rurimo abagera kuri 70%.
Uku kudaha inguzanyo abari mu rwego rw’ubuhinzi bituruka ahanini ku
kuba amabanki aba atizeye imishinga y’ubuhinzi kubera ingorane zibamo, kuba
kandi uru rwego rudapfa kubona ingwate zagurishwa igihe umuhinzi atabashije
kwishyura.
Dr Uzziel Ndagijimana asezeranya ko umushinga wa miliyari 300 frw uzasiga abari mu rwego rw’ubuhinzi babasha kubona inguzanyo zidahenze kuko bazunganirwa na leta.
Imwe mu myanzuro y’iyi nama nyunguranabitekerezo yahuje Sena n’abafite aho bahuriye n’ubukungu ndetse na service z’imari, irebana no gushyira imbaraga mu kurushaho kunoza service z’imari kugira ngo ziteze imbere abaturage no kugirira icyizere urwego rw’imari.
Jean Claude Mutuyeyezu
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru