AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Guverineri Habitegeko yagereranyije imihigo ya Rusizi nko kwiyorohereza akazi

Yanditswe Jul, 13 2021 09:01 AM | 52,598 Views



Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Habitegeko Francois, kuri uyu wa Mbere, yasabye ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi kuvugurura no kunoza uburyo bateguramo imihigo.

Ni nyuma yo kumurikirwa imihigo y’aka karere y’umwaka wa 2021/2022 akabona ko bahize bike cyane bisa no kwiyorohereza kandi ibibazo by’abaturage bikiri byinshi.

Mu nama nyunguranabitekerezo igamije kunoza itegurwa ry’imihigo y’akarere ka Rusizi,akarere keretse umuyobozi w’intara ibyo gateganya gukora mu mihigo ariko  asanga barihaye  intego ntoya kandi bagomba guhiga imihigo ikemura ibibazo byugarije abaturage.

Guverineri  Habitegeko yahise asaba Akarere ka Rusizi gukosora bimwe mu byuho biri mu mihigo y’aka karere no kongera kuri gahunda imihigo yingenzi batari bashyize kuri gahunda.

Bimwe mu byo yaciyeho akarongo bigomba kugaragara muri iyi mihigo kandi byarirengagijwe muri uyu mwaka w’imihigo harimo nko kurwanya isuri mu misozi ikikije Ikibaya cya Bugarama yangije ibikorwa by’ubuhinzi bukorerwa muri iki kibaya, kuvugurura no gusukura inyubako zo mu Mujyi wa Rusizi hagendewe ku gishushanyo mbonera nk’umujyi wunganira Kigali.

Umuboyozi w’Akarere ka Rusizi Kayumba Ephrem avuga ko ibyo babwiwe na guverineri ari ingenzi ndetse biyemeje kongera gusubira inyuma mu mihigo bari bateguye kugira ngo babashe kuyinoza ibe ikemura ibibazo by’abaturage nta wusigaye inyuma icyakora ntagaragaza impamvu byari byirengagijwe.

Akarere ka Rusizi mu manota y’imihigo aheruka y’umwaka 2019/2020 ni ko kaherekeje utundi,umwanya wa 30 n’amanota 50.01.

Guverineri Habitegeko uyobora ubu ni we wayoboraga akarere ka Nyaruguru kari kabaye aka mbere n’amanota 80.04. Akabayitezweho guhindura byinshi muri iyi ntara by’umwihariko muri aka Karere ka Rusizi.

Gatete Eric Rafiki



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage