Yanditswe May, 04 2021 15:19 PM | 32,725 Views
Guverineri
w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel, yasabye abikorera bo mu karere ka
Nyagatare gukoresha amahirwe bafite bakagateza imbere bubakira ku mwihariko
uhari.
Ibi bikubiye mu mpanuro yabageneye mu nama yabahuje igamije ku guteza imbere ubucuruzi muri aka karere.
Abikorera bo mu karere ka Nyagatare nabo bavuze ko bagiye gushyira ingufu mu gukorera hamwe, kuko usanga hari abikorera benshi bakiri ba nyamwigendaho bigatuma iterambere ryifuzwa ritagerwaho uko bikwiye.
Guhanahana amakuru ku mahirwe ari mu karere ka Nyagatare ndetse n’ingamba zihari kugirango ayo mahirwe ashobore kubyazwa umusaruro, iyi niyo mpamvu yatumye Guverineri Emmanuel Gasana n’abikorera bo mu karere ka Nyagatare n’izindi nzego zirebwa n’iterambere ry’aka karere bahura, kugirango bungurane ibitekerezo kuri iyi ngingo.
Guverineri Gasana avuga ko “Hari amahirwe ari muri aka karere menshi, abikorera bagomba kuyubakiraho bakagateza imbere.”
Yabasabye kubyaza umusaruro amahirwe ari mu karere ka Nyagatare arimo ubuhinzi n'ubworozi, imiterere y'Akarere n'ibikorwaremezo biri gushyirwa muri aka karere.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda PSF, Robert Bapfakurera, na we ashingiye ku bunararibonye bw’abandi bikorera mu tundi duce tw’u Rwanda, agira inama abikorera bo mukarere ka Nyagatare gushyira imbere gukorera hamwe, bagahuza imbaraga kugirango bashobore kugera ku mishinga minini yababayarira inyungu.
Bimwe mu byo aba bacuruzi beretswe, harimo umushinga wa Gabiro Agri-business Hub, bagaragarijwe ko ari amahirwe awurimo, basabwa kuwushoramo imari.
Bimwe mu bibazo byihutirwa byabangamiraga imikorere y’abikorera, bijyanye n’isoko ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, ubuyobozi bwavuze ko bugiye kubafasha bashakirwa isoko mu karere u Rwanda ruherereyemo.
Guverineri Gasana avuga ko aborozi baberewemo ibirarane by’amafaranga y’amata yagemuwe ku makusanyirizo y’amata, nabo mu gihe cya vuba bagiye kwishyurwa.
<iframe width="560" height="315" src="https://www.youtube.com/embed/eb3sfBBiL8o" title="YouTube video player" frameborder="0" allow="accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture" allowfullscreen></iframe>Kanyumba Beata
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru