AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

MINISANTE yorohereje abaganga n’abarwayi baburaga imodoka kubera Guma mu Rugo

Yanditswe Jan, 22 2021 08:16 AM | 84,224 Views



Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko yamaze gushyiraho uburyo bwo korohereza abakozi bo kwa muganga kugera ku kazi kimwe n’abarwayi kugera aho bivuriza nyuma yaho serivisi zo gutwara abantu mu buryo bwa rusange na moto zihagaze mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID19.

Kuva umujyi wa Kigali washyirwa muri Guma mu rugo serivisi zo gutwara abantu mu buryo bwa rusange muri za bus na coasters ndetse no kuri moto zarahagaze.

Nyamara benshi mu bakozi bo kwa muganga bari basanzwe bifashisha ubwo buryo bajya cyangwa bava ku kazi, nta bundi buryo busimbura ubwo bahise bahabwa. Icyakora

Umuyobozi w’ibitaro bya Kibagabaga Dr. Nkundibiza Samuel avuga ko iki kibazo cyagaragaye cyane mu minsi 2 ya mbere ya Guma mu rugo cyatangiye gushakirwa umuti.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Dr. Mpunga Tharcisse na we avuga ko icyo kibazo cyamaze guhabwa umurongo.

Ku rundi ruhande ariko hari abarwayi na bo bifuza ko bakoroherezwa kugera kwa muganga kuko na bo muri iki gihe cya Guma mu rugo mu Mujyi wa Kigali bakora ingendo ndende nkuko aba twasanze ku bitaro bya Kibagabaga babisobanura.

Kuri iki kibazo, Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE, Dr. Mpunga Tharcisse, avuga ko ku bufatanye n’inzego z’ibanze mu Mujyi wa Kigali hamaze gushyirwaho imodoka zizajya zifasha ababikeneye kujya no kuva kwa muganga, mu gihe n’abafite imodoka zabo na moto bemerewe kuzikoresha.

Serivisi zo kwivuza ni zimwe mu z’ingenzi zemerewe gukomeza gukora muri iki gihe Umujyi wa Kigali uri muri gahunda ya Guma murugo, aho amavuriro ya leta, ay’abikorera na za farumasi bizakomeza gutanga serivisi.

Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage