AGEZWEHO

  • Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi – Soma inkuru...
  • Rusizi: Minisitiri Ngabitsinze yaburiye abanze kubaka ibibanza bahawe ko bashobora kubyamburwa – Soma inkuru...

Gufata ubwishingizi, umuco ugicumbagira mu Rwanda

Yanditswe Nov, 29 2020 22:20 PM | 71,575 Views



Impuguke mu bukungu ndetse n'ihuriro ry'abishingizi mu Rwanda bagaragaza ko kutitabira ubwinshingizi butari itegeko bikomeza gushyira benshi mu gihombo ndetse bikaba byagira n'ingaruka ku bukungu bw'igihugu muri rusange.  

mu Rwanda, bisaba kugira icyangombwa cy'ubwishingizi ngo unyuze ikinyabiziga mu muhanda ibi kubirengaho bigahanwa n'amategako ariko nta tegeko risunikira uwo ari we wese gushinganisha byinshi mu mitungo bwite cyangwa iby'ubuzima bwe n'abe. Bisaba amakenga no guteganyiriza ahazaza. Aha ni ho rero usanga abaturage cyane cyane abiganjemo abacuruzi ndetse n'abafite ibikorwa by'agaciro byakabaye bifatitwa ubwishingizi bavuga ko bazi neza akamaro ko gushinganisha imitungo yabo ndetse na bo ubwabo usibye ko bagihura n'imbogamizi zitandukanye harimo n'izishamikiye ku mikorere y'ibigo by'ubwishingizi. 

Muri izo mbogamizi harimo no kuba batinda kwishyurirwa ibyabo byangijwe, gusiragizwa n'ibindi bibashora mu gihombo. 

Impuguke mu bukungu akaba n'umwarimu muri Kaminuza y'u Rwanda Dr Eularie Mutamuriza ahereye ku rugero rw'inkongi z'umuriro zumvikana hirya no hino, iyo umuturage cyangwa umuntu ufite inzu ye bwite y'umucuruzi ahuye n'impanuka nk'iyo, kugira ibindi byago mu buzima bitandukanye  atarishinganishije, ko bihita bimushyira mu gihombo we ubwe, umuryango we n'igihugu muri rusange. Asaba abaturage kwitabira kwishinganisha no gushinganisha ibyabo.

Umuyobozi mukuru wa sosiyete y'ubwishingizi mu buzima Sunlam Vie, akaba n'umuyobozi  mukuru wungirije w'ihuriro ry'abishingizi mu Rwanda ASSAR Hodari Jean Chrisostome, avuga ko zimwe mu mpamvu ziza ku isonga zituma abantu batitabira gufata ubwishingizi bw'ubushake harimo kuba abanyarwanda bataragira umuco wo kuzigamira ibyago, impanuka n'ejo hazaza no kuba ababikora bataramenya neza kubyigisha abaturage no kubimenyekanisha. Yemera ko koko amakosa ajya abaho rimwe na rimwe ariko abantu benshi aribo bishimira serivise z'ubwishingizi bahabwa.

Avuga kandi ko hari ingamba zafashwe mu gukemura burundu zimwe mu mbogamizi abaturage bahura nazo.

Ihuriro ry'abishingizi mu Rwanda rigaragaza ko hifashishijwe nk'urugero rw'abantu bahembwa umushahara wa buri kwezi mu Rwanda, usanga abantu bafite ubwishingizi bw'ubuzima mu bigo byigenga babarirwa ku gipimo cya 23-24%, umubare iri huriro ryemeza ko nubwo wiyongera ukiri muto cyane; ariko ukaba utanga icyizere ko mu minsi iri imbere uziyongera ndetse ubwishingizi bukanagera no ku bantu badakorera umushahara wa buri kwezi. 

 Bienvenue Redemptus



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m