Yanditswe Jan, 06 2017 13:50 PM | 2,311 Views
Ikigonderabuzima cya Mukono kiri mu murenge wa Bwisige mu karere ka Gicumbi, gifite ibibazo bikomeye biterwa no kutagira umuriro w’amashanyarazi. Abarwaza ni abarwayi basabwa kwitwaza za 'buji' cyangwa 'amasitimu' kugira ngo bashobore kwitabwaho ninjoro. Battery z’imirasire y’izuba bafite ngo zarashaje kuburyo zitabika umuriro ndetse no gukoresha imashini itanga amashanyarazi (generator) ngo birabahenda cyane kuburyo batayicana umwanya munini.
Ikigo cya Mukono ni kimwe mu bigo nderabuzima byinshi bidafite umuriro w’amashanyarazi, igaruka z’icyo kibazo zikaba ari nyinshi, zirimo kubura amazi ashyushye yo koga ku babyeyi bamaze kubyara, kudakora ku imashini zakabaye zifashishwa mu kazi k’icyo kigo.
Muri icyo kigo nderabuzima ngo bafite battery z’imirasire y’izuba bifashisha ariko ntizikora neza kubera gusaza. Nkuko byemezwa na Pascal Masengesho, Umuforomo muri iki kigo, izo battery ngo hejuru y’imyaka itanu zari zaragenewe hamaze kurengaho imyaka ibiri, ku buryo n’umuriro ugiyemo iyo bawucanye hashira akanya gato ukaba urashize.
Iki kigo nderabuzima ngo cyakira abarwayi basaga 100 ku munsi.
Umubare w'abasoje amasomo muri UR muri 2023 ukubye inshuro hafi 3 uwayasoje mu myaka 30 mbere y ...
3 minutes
Soma inkuru
FRVB ihanze amaso Petit Stade nk’igisubizo cy’ibibazo byo kutagira ibibuga bigezweho
1 hour
Soma inkuru
Polisi yasabye abatwara ibinyabiziga kwitwararika muri ‘Weekend’ ndende
3 hours
Soma inkuru
Umujyi wa Musanze n’uwa Jinhua wo mu Bushinwa byinjiye mu bufatanye
Mar 28, 2024
Soma inkuru
Abaganga ba Kanseri mu Rwanda bariyongereye
Mar 28, 2024
Soma inkuru
Mu bimukira 2242 bageze mu Rwanda bavuye muri Libya, 1621 bimuriwe ahandi
Mar 28, 2024
Soma inkuru
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru