AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Gasabo: Abaturage ba Nduba na Jabana barishimira ikiraro gishya kibahuza

Yanditswe May, 19 2017 17:16 PM | 4,001 Views



Abaturage b'akarere ka Gasabo barishimira ikiraro cyo mu kirere guifite agaciro ka miriyoni zigera kuri 50 batangiye gukoresha gihuguza umurenge wa Jabana na Nduba kuko mbere y'uko cyuzura iyo imvura yagwaga ntibashoboraga kwambuka.Ubuyobozi bw'akarere ka Gasabo bwasabye abaturage babonye ikiraro kuzagikoresha neza birinda ko cyangirika.

Ni ikiraro kiri mu kirere cyuzuye gitwaye miriyoni zigera kuri 50 z'amafaranga y'u Rwanda,munsi yacyo haca umugezi wa Nyabugogo, kikaba cyarubatse mu gihe cy'amezi 2 n'igice, Ni ikiraro gicaho amanyamaguru n'abafite imoto.Ubuyobozi bw'akarere ka Gasabo buvuga ko imigenderanire hagati y'umurenge wa Nduba na Jabana igiye kuba myiza.

Stephen Rwamurangwa,umuyobozi w'akarere ka Gasabo yagize ati:

“Ubu rero kigiye gufasha abaturage kutongera kugira iyo risk yo kuba bapfa cyangwa batakaza ibintu byabo, bikanoroshya imihahirane, imigenderane y'imirenge yombi ndetse nta nubwo ari muri iyi mirenge yonyine gusa kuko n'abaturage bo hakurya muri rurindo bashatse kwambuka muri Gasabo bashaka kujya nko muri Nduka n'ahandi biborohera.”

Bamwe mu banyeshuri ba IPRC Kicukiro nabo bagize uruhare mu gushyira mu bikorwa umushinga wo kubaka iki cyiraro ibintu nanone bigaragaza urwego bagezeho mu gushyira mu bikorwa ibyo biga mu ishuri.Iki cyiraro cyuzuye kubufatnye bw'akarere ka Gasabo n'umushinga w'abongereza Bridge to prosperity.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira