AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

GATOYIRE DAMIEN YAGIZWE UMURINZI W’IGIHANGO KUBW'UBUTWARI BWE MURI JENOSIDE

Yanditswe Apr, 10 2019 21:10 PM | 6,087 Views



Gatoyire Damien, umurinzi w’igihango utuye mu Murenge wa Gasange, mu Karere ka Gatsibo avuga ko iyo Abanyarwanda baza gushyira imbere ubunyarwanda nta wari kwica mugenzi we amuziza uko yavutse.

Ku bufatanye n’abaturage hakumiriwe ibitero byaturukaga mu tundi duce turimo Murambi, Fumbwe na Nyarubuye, amato yashoboraga gukoreshwa muri Muhazi afungirwa ahantu hamwe kugirango ingendo zo mu mazi zihagarare ubundi bahangane n’ibitero by’interahamwe zavaga Murambi.

Gatoyire yari yarasobanukiwe ko Abanyarwanda ari bamwe maze acengeza ayo matwara mubo yayoboraga.

Rwakayigamba Etienne umwe mu baturage batuye mu Murenge wa Gasange mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi  yari umusore ukiri muto ariko uburyo abaturage bakoreye hamwe kugirango hatagira umuturage upfa yarabyiboneye.

Ibi kandi bishimangirwa na Mongi Justine warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Komisiyo y'Ubumwe n'Ubwiyunge ivuga ko kugeza ubu hari abarinzi b'igihango ibihumbi 6465 aho 37 ari abo ku rwego rw'igihugu, 33 ni abo ku rwego rw'Akarere ku rwego rw'Umurenge hari abarinzi b'igihango 1488 naho mu Tugari hari abarinzi b'igihango 4906.


Inkuru ya John Patrick Kwizera



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira