AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Rwanda FDA yasabye abaturage kwitwararika ku biribwa bitujuje ubuziranenge

Yanditswe Jun, 07 2021 16:32 PM | 35,980 Views



Ikigo gishinzwe kugenzura Ibiribwa n'Imiti mu Rwanda, Rwanda FDA, kivuga ko iyo ubuziranenge butitaweho bigira ingaruka zikomeye ku buzima, bityo abaturage bakaba basabwa kwitwararika kuri ibi biribwa bitujuje ubuziranenge kuko ari intandaro y’indwara zikomeye nka cancer na Diabete.

Ibi byagarutsweho kuri uyu munsi mpuzamahanga wahariwe ku kwita ku buziranenge bw’ibiribwa.

Mu masoko atandukanye ni hamwe muhagaragara ibirirwa by'ubwoko butandukanye, bamwe mu baturage bavuga baha agaciro ubuziranenge bwabyo mu gihe bagiye guhaha.

Uwitwa Habimana Onesphore yagize ati “Ifi iyo yamaze kwangirika iba imeze nk’uburozi, iyo uyiriye igutera mu nda. Ifi nziza iba itukura ku matwi, iyo atari nziza mu matwi haba harahindutse umukara.”

Musengimana Marceline we agira ati “Kugira ngo tubone isombe nziza turayironga tugashyiramo n’ibirungo byose bikenewe, kuyirya itatungajiwe neza, yatera ikibazo umuntu wayirya, bisaba kwitwararika isuku umuntu ayirinda imyanda irimo imicanga.”

Uwuzuyinema Frank ukora ubuhinzi n’ubucuruzi bw’imboga n’imbuto z’amoko anyuranye, avuga ko kwitwararika ubuziranenge bw’ibiribwa bitangira mu gihe cyo kubihinga.

Ati “Iyo ubonye imbuto nziza y’imboga n’imbuto, nicyo cya mbere gifasha mu gukurikirana umusaruro bizatanga, dutoranya neza imbuto tugashyiramo ifumbire y’umwimerere ituma igihingwa gikura neza, iyo cyeze umuntu akakigura akakirya, aba yizeye ko nta ngaruka ku buzima zaturuka ku ifumbire.”

Umuyobozi w’ishami rishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti muri Rwanda FDA Alexis Gisagara, avuga ko iyo ubuziranenge butitaweho bigira ingaruka zikomeye ku buzima.

Yagize ati “Ibiribwa bitujuje ubuziranenge bifite ingaruka ku muntu, hari indwara nka diabete, cancer n’izindi ndwara zitandura akenshi ziterwa n’ibiribwa bitujuje ubuziranenge. Imibare ya Minisante igaragaza ko imibare y’abafite izo ndwara igenda izamuka. Icyo dusaba abantu ni ukureba ko ibyo bagiye kurya byujuje ubuziranenge.”

Kuri uyu munsi mpuzamahanga wahariwe ku kwita ku buziranenge bw’ibiribwa abantu bagirwa inama yo guhitamo ibiribwa byujuje ubuziranenge kugira ngo basigasire ubuzima bwabo.

Ishami ry'Umuryango w'abibumbye ryita ku buzima OMS, rivuga ko ku isi buri mwaka abantu barenga miliyoni 600 barwara indwara ziturutse ku byo baba bariye, mu gihe abagera ku bihumbi 420 bapfa buri mwaka bazize ibyo kurya bihumanye bariye, 40% byabo ni abana bafite munsi y'imyaka itanu.


Carine Umutoni



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura