AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

EU yahaye u Rwanda inkunga ya Miliyari 5.7 Frw yo guteza imbere imyuga n'ubumenyingiro

Yanditswe Sep, 29 2021 19:01 PM | 42,684 Views



Umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi wahaye u Rwanda inkunga ya Miliyari  5.7 Frw, azakoreshwa mu guteza imbere imyuga n'ubumenyingiro bushingiye ku mahoteri n'ubukerarugendo, mu mushinga wiswe Ubukerarugendo Imbere.

Icyerekezo cy'u Rwanda mu bijyanye no guteza imbere amahoteri n'ubukerarugendo, nicyo cyatumye umuryango w'ubumwe bw'Uburayi utera inkunga u Rwanda, mu guteza imbere imyuga n'ubumenyingiro.

Aya mafaranga azifashishwa mu gufasha ibigo 7 by'amashuri y'imyuga n'ubumenyingiro, aho abiga muri ibyo bigo ku bufatanye n'urwego rw'abikorera bazajya bahabwa amahugurwa ajyanye n'ibikenewe ku isoko ry'umurimo.

Ambasaderi w'Umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi mu Rwanda, Nicola Bellomo avuga ko uyu muryango  wateye inkunga u Rwanda muri gahunda yo gushyikira ubukerarugendo, nyuma yo kubona ko u Rwanda ruri mu cyerekezo cyiza cyo kubaka ubukungu bushingiye kuri serivisi ubukerarugendio buri ku isonga.

Yagize ati “Umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi bushyigikiye gahunda z'iterambere ry'u Rwanda, urwego rw'amahoteri n'ubukerarugendo ni kimwe mu byitaweho mu Rwanda, twese turabireba uburyo uru rwego rurimo gutera imbere ndetse izina ry'ubukerarugendo rimaze kumenyekana. Turashaka gutera inkunga u Rwanda biciye mu rwego rw'abikorera hubaka ubushobozi bw'abakozi kubera ko ntabwo wakubaka uru rwego hatari ubumenyi bukenewe ntabantu bakenewe bahari.”

Amasezerano y'ubufatanye mu guteza imbere imyuga n'ubumenyingiro azamara imyaka 4.

Minisitiri w'Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine avuga ko iyi nkunga ije gushyigikira gahunda ya leta y'u Rwanda ifite yo kuba igicumbi cy'ubukerarugendo, guteza imbere imyuga n'ubumenyingiro ikaba kandi yitezweho kongera imirimo mu rubyiruko, kuko leta y'u Rwanda ifite intego yo guhanga imirimo 214,000 buri mwaka.

Buri mwaka hasohoka abanyeshuri bavuye mu mashuri y'imyuga n'ubumenyi ngiro bari hagati y'ibihumbi 40 na 45.

Kwizera John Patrck




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira