AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

EU yageneye u Rwanda miliyari 20 Frw yo gushyigikira kugarura amahoro muri Cabo Delgado

Yanditswe Dec, 01 2022 18:08 PM | 224,599 Views



Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi wageneye u Rwanda inkunga ya miliyoni 20 z'ama euro, ni ukuvuva arenga miliyari 20 z'amafaranga y'u Rwanda, mu rwego rwo gushyigikira ibikorwa byo kugarura amahoro n'umutekano mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. 

Inama nkuru y'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi yemeje ko iyi nkunga izatangwa binyuze mu kigega cy'uwo muryango gishinzwe gutera inkunga ibikorwa by'amahoro cyizwi nka European Peace Facility. 

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwererane Dr. Vincent  Biruta yavuze ko u Rwanda rwakiriye neza iyo nkunga. 

Yagaragaje ko izafasha inzego z'umutekano z'u Rwanda mu bikorwa byo kurwanya imitwe y'iterabwoba muri Cabo Delgado, u Rwanda rufatanyamo na Mozambique. 

Minisitiri Biruta avuga ko iyo nkunga izafasha ingabo na polisi muri Cabo Delgado kubona ibikoresho n'ibindi byangombwa kugira ngo amahoro n'umutekano bigaruke muri iyo ntara ndetse n'impunzi n'abakuwe mu byabo basubire iwabo mu ituze n'umutekano usesuye.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n'ibiro by'umuvugizi wa Guverinoma rivuga ko u Rwanda ruzakomeza kuba umufatanyabikorwa mu kurwanya iterabwoba ku mugabane wa Afurika kandi rukaba rwishimiye gufatanya n'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi muri ibyo bikorwa.

Iyi nkunga itangajwe nyuma y'umunsi umwe Perezida Paul Kagame avuze ko nta n'urumiya rw'inkunga u Rwanda rurahabwa n'uwo ari we wese mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba mu ntara ya Cabo Delgado.

Muri Nyakanga umwaka ushize wa 2021 nibwo u Rwanda rwatangiye kohereza Ingabo na polisi kurwanya ibyihebe mu ntara ya Cabo Delgado. 

Kugeza ubu ababarirwa mu 2 500 nibo bari muri ibyo bikorwa aho bafatanya na bagenzi babo bo mu nzego z'umutekano za Mozambique. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura