Yanditswe May, 18 2022 19:52 PM | 89,860 Views
Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi watangije gahunda nshya y'imikoranire n'u Rwanda mu gihe cy'imyaka 2, iyi
gahunda ikaba igaragaza ibikorwa by'ubufatanye bizashyirwamo imbaraga ni mpande zombi
aho uyu muryango uzatanga miliyoni 260
z'amayero kugeza muri 2024.
Izo miliyoni 260 z'amayero zisagaho gato miliyali 260 z'amafaranga y'u Rwanda, zizashorwa mu mishinga ijyanye n'uburezi no guhanga imirimo ku rubyiruko cyane cyane ishingiye ku ikoranabuhanga, ashorwe kandi no mu biijyanye n'imiyoborere ndetse no mu bijyanye no kubungabunga ibidukikije.
Umuyobozi wungirije wa komisiyo y'ubufatanye mpuzamahanga muri uyu muryango, Myriam Ferran avuga ko imikoranire
mishya izashingira ku byemeranijwe ko bigomba gushyirwa imbere buri ruhande
rubigiramo uruhare.
Yagize ati "Akamaro k'iyi
gahunda nshya y'imikoranire muzakabona mu buryo ishyirwa mu bikorwa kuko turenda
kongera umusaruro ubufatanye bwacu n'u Rwanda, dushingiye ku uburyo ku ruhande
rwacu n'ibihugu by'Iburayi tuzaba dukorana aho imwe mu mishinga izajya
inongererwa amafaranga biturutse ku nkunga, inguzanyo n'impano hagamijwe
kongera umusaruro uva muri iyo mishinga y'ubufatanye, hibandwa ahanini
kuby'ibanze dushyize imbere."
Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana asobanura ko mu mishinga Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi hari imishinga igiramo uruhare ihuriweho n'ibihugu bya Afurika, izafasha kuzamura ubuhahirane mu isoko rusange.
Uyu mwaka wa 2022 uyu muryango wari wasezeranije kuzagira uruhare mu mishinga itandukanye ku gaciro k'amayero miliyoni 85, mu rwego rw'uburezi n'ubumenyi ngiro, amavugurura mu nzego z'ubutabera, imiturire n'ubwiyunge.
RUZIGA EMMANUEL MASANTURA
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru