Yanditswe Sep, 01 2016 16:41 PM | 1,580 Views
Bamwe mu baminisitiri b’umutekano n’abayobozi ba za Polisi bo mu bihugu bigize umuryango w’ubufatanye wa za polisi mu karere ka Afurika y’iburasirazuba EAPCCO beretswe umwitozo wo guhangana no gukora iperereza ku byaha by’ikoranabuhanga ndetse binambukiranya imipaka. Ni umwitozo urimo abapolisi bashinzwe kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga baturutse ku mugabane wa Afurika.
Abaministri b’umutekano n’abayobozi ba za polisi bari bitabiriye inama ya 18 y’umuryango EAPCCO basuye ahabera uyu mwitozo maze basobanurirwa uburyo hakorwa iperereza mu kugenza ibyaha nk’ibyo.
Matthew SIMON ukora mu ishami rya Interpol muri Singapore yasobanuye uyu mwitozo w’iperereza basanze bakora: "...Urugero dufite hano rujyanye n'icuruzwa ry'abantu aho dufite umwana w'umukobwa w'imyaka 20 wabuze wakuwe iwabo n'umuntu ucuruza abantu amubeshya ngo azamuha akazi, mu gukemura iki kibazo aba bapolisi mubona inyuma yanjye barakoresha ubumenyi bafite mu iperereza kugira ngo bamenye amakuru bakeneye."
Commissioner of Police Felix NAMUHORANYE ukuriye uyu
mwitozo avuga ko akurikije imiterere y’ibi byaha nta na kimwe cyatahurwa
hatabayeho ubufatanye bw’inzego: "Akamaro rero bidufitiye ni uko
bijya kurangira aba bantu baturuka mu bihugu bitandukanye twashyize mu ma groups
atandukanye babonye ko badashobora kugenza icyaha kimeze gutyo ku giti cyabo
bonyine, bagomba information ivuye mu kindi gihugu, bagomba gukora operation mu
kindi gihugu ni ukuvuga ngo kugirango uve muri iki gihugu ujye gushaka
umunyacyaha mu kindi bigusaba ko uriho urakorana neza n'abo bapolisi cyangwa se izo
nzego z'icyo gihugu ndetse iyo operation akaba aribo bayikora mu izina ryawe"
Uyu mwitozo aba bayobozi ba police ndetse n'abaminisitiri beretswe, ni uwo guhangana n’ibyaha bikoresha ikoranabuhanga ariko kandi byambukiranya imipaka. Wateguwe ku bufatanye hagati y'umuryango EAPCCO na Polisi mpuzamahanga ishami rya Singapore IGCI. Witabiriwe n'abapolisi batandukanye baturutse mu bihugu byo muri Afurika.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru