AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Dr Ntezilyayo yasabye abakora umwuga w'ubukemurampaka kuba inyangamugayo

Yanditswe Sep, 29 2022 18:25 PM | 144,667 Views



Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo yasabye abakora umwuga w'ubukemurampaka kuba inyangamugayo ndetse no gushyira imbaraga mu kunoza ibyo bakora kugira ngo barusheho gutanga umusanzu mu iterambere ry'igihugu. 

Ni mu gihe kuri uyu wa Kane ikigo mpuzamahanga cy'ubukemurampaka cya Kigali KIAC cyizihije imyaka 10 kimaze gitanga izo serivisi.

Mu myaka 10 iki kigo cy'abakemurampaka kimaze gikorera mu Rwanda, kigaragaza ko bakiriye ibirego birenga 200 ndetse 40% y'ibi birego akaba ari ibirego mpuzamahanga.

Mbundu Faustin uyobora inama y’ubutegetsi y’iki kigo mpuzamahanga cy'ubukemurampaka cya Kigali, avuga ko nubwo hari byinshi byo kwishimirwa urugendo rukiri rurerure kugira ngo uyu mwuga urusheho gutera imbere.

Yagize ati "Ndibuka itariki ya 31 z'ukwa 5 muri 2012, nibwo iki kigo cyatangiye icyo gihe cyari igikorwa cy'indashyikirwa kuko cyari igikorwa cy'ingenzi umuryango nyarwanda wifuzaga kugeraho kuba hariho ikigo nk'iki cyifashisha mu bikorwa by'ubucuruzi kugira ngo kibashe gukemura impaka zitandukanye ziboneka muri uyu mwuga, uyu munsi turi hano ngo dusuzume ibyo twiyemeje mu myaka 10 ishize, imyaka 10 ishobora kuba atari myishi ariko ni intambwe ikomeye, ni umwanya mwiza wo kwizihiza ibyagezweho ariko kandi tureba n'ibigomba gukorwa mu gihe kiri imbere."

Perezida w'urukiko rw'ikirenga Dr Faustin Ntezilyayo yashimye uruhare rw'iki kigo mu iterambere ry'igihugu, ariko kandi asaba abakora uyu mwuga w'ubukemurampaka kurangwa n’imyitwarire inoze mu bikorwa byabo.

"Ubunyangamugayo ni ingenzi, ni ingenzi no mu bindi ariko by'umwihariko n'ingenzi muri uyu mwuga w'ubukemurampaka, rero ibikorwa by'iki kigo ni ingenzi kandi bizahora ari ingenzi mu guteza imbere ishoramari no kugabanya umubare w'ibirego bigera ku butabera, ibyakozwe mu myaka 10 n'iki kigo nibyo kwishimirwa ariko kandi bigomba kubungabungwa mu gihe iki kigo gikomeje kugaragaza ubunararibonye n'imbaraga mu kwakira ibirego bitandukanye mu gihugu ndetse n'ibindi mpuzamahamga, no mu gihe gikomeje kugaragaza ubudasa bwacyo mu gukemura impaka mu bucuruzi.'

Iki kigo kigaragaza kandi ko kuva cyatangira cyashyizeho amategeko ngenderwaho muri uyu mwuga, abarenga 300 bahuguwe n'iki kigo naho 80 muri abo babaye abakemurampaka b'umwuga. 

Iki kigo kandi kibarirwamo abacamanza bagera kuri 200 b’inararibonye mu buhuza n'ibindi, iki kigo kandi cyakiriye abakemurampaka bagera ku 120 baturutse ku migabane itandukanye kandi kikaba kibarirwa mu bigo bitatu bya mbere muri Afurika.


Ntete Olive



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura