AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Dr Ngirente yashimye ubufatanye bwa Kiliziya Gatolika na Leta

Yanditswe May, 14 2022 17:48 PM | 74,112 Views



                   
Minisitiri w'Intebe Dr. Edouard Ngirente witabiriye umuhango wo kwimuka Umwepiskopi mushya wa Diyosezi Gatolika ya Byumba Musengamana Papias, yashimye ubufatanye bwa Kiliziya gatolika na Leta muri gahunda zitandukanye, kandi ko bugomba gukomeza gushyirwamo imbaraga.         

Muri uyu muhango witabiriwe n'imbaga y'abakristu, abihayimana baturutse mu bihugu bitandukanye ndetse n'abandi bayobozi mu nzego zitandukanye, Umushumba mushya wa Diyoseze ya Byumba Mgr Musengamana Papias yahawe ivanjiri nk'ikimenyetso cy'umurimo w'Imana ashinzwe gukora ubudahwema, impeta nk'isezerano agiranye na kiriziya, ingofero yibutsa umwete akwiye kugira mu guharanira ubutungane  ndetse n'inkoni y'ubushumba yerekana umurimo ashinzwe wo kuyobora kiriziya yaragijwe.                                 

Mgr Musengamana yashimye Nyirubutungane Papa Francis wamugiriye icyizere akamuha inkoni y'ubushumba, ndetse n'uwo asimbuye Mgr Serevelien Nzakamwita, avuga ko icyo ashyize imbere ari urukundo no gukorana neza n'abo asanze.
             
Mgr Nzakamwita wari imaze imyaka 26 ayobora Diyosezi ya Byumba na we yashimye abantu bose bamubaye hafi barimo Perezida wa Repubulika Paul Kagame.                                                                  
Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda wayoboye uyu muhango avuga ko ubufatanye na Leta butuma Kiliziya ishobora gusohoza ubutumwa bwayo.
             
Minisitiri w'Intebe Dr Eduard Ngirente wari uhagariye Perezida wa Repubulika we yavuze ko kwimikwa kwa Mgr Musengamana ari ikimenyetso cy'ubushobozi Papa yamubonyemo asaba Kiliziya gufatanya na Leta mu gushakira umuti bimwe mu bibazo bikigaragara.

Mgr Papias Musengamana yagizwe Umwepiskopi wa Diyosezi ya Byumba nyuma y'imyaka 25 yari amaze ari umupadiri. Agiye kuri uyu mwanya nyuma y'imyaka 4 ayobora Semari nkuru ya Nyakibanda.  

Yavukiye mu Byimana mu  Karere ka Ruhango mu 1967. Abaye umwepiskopi wa 3 uyoboye Diyosezi Gatolika ya Byumba kuva mu myaka 41 ishize ishinzwe.


Carine UMUTONI                                             



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura