Yanditswe Sep, 23 2021 10:59 AM | 21,847 Views
Abasenateri
bagize Inteko Ishinga Amategeko bagiranye ikiganiro na Minisitiri w'imari
n'igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana bungurana ibitekerezo kuri gahunda
y'ubwiteganyirize bw'igihe kirekire, EJO HEZA aho barebera hamwe aho iyi gahunda
imaze kugera mu iterambere n'inzitizi zirimo.
Minisitiri w'imari n'igenamigambi Uzziel Ndagijimana yagaragaje ko mu myaka 2 ishize iyi gahunda ya Ejo HEZA itangiye, abamaze kwiyandikishamo basaga miliyoni 1 n'ibihumbi 500 ariko abatanga imisanzu ku buryo buhoraho ni miliyoni 1 n'ibihumbi 75.
Yavuze ko bamaze gutanga ubwizigame bw'amafaranga y'u Rwanda asaga Miliyari 15 na miliyoni 796.
Abagabo ni 52% naho abagore ni 48%.
Minisitiri Ndagijimana yakomeje agaragaza ko Intara y'Iburengerazuba ariyo iza ku isonga mu kugira umubare munini w'abatanga iyi misanzu, hakurikiraho Intara y'Amajyepfo, Intara y'Iburasirazuba, nayo igakurikirwa n'iy'Amajyaruguru ku mwanya wa nyuma hakaza Umujyi wa Kigali.
Minisitiri Ndagijimana yagaragaje ko muri iyi gahunda ya Ejo HEZA, hakozwe ishoramari ku buryo hamaze kuboneka inyungu y'amafaranga asaga Miliyari 1 na miliyoni 120.
Zimwe mu mbogamizi yagaragaje zikoma mu nkokora iyi gahunda ni icyorezo cya COVID19, cyatumye ubukangurambaga bwo kugera ku baturage butagerwaho uko bikwiye.
Abasenateri babajije uhagarariye guverinoma kuri gahunda ya Ejo HEZA, impamvu iyi gahunda yitabirwa cyane n'abageze mu myaka yo hejuru ndetse n'abo mu byiciro by'abifashije bakaba batitabira uko bikwiye, ahubwo ikitabirwa cyane n'abakora akazi katanditse gusa .
Bakomeje basaba ko ubukangurambaga bwakongerwa abaturage bakegerwa kurushaho, aho kugoresha itangazamakuru n'imbugankoranyambaga gusa.
Minisitiri Ndagijimana yavuze ko mu rwego rwo gufasha abaturage kwitabira iyi gahunda ari benshi, leta yabashyiriyeho amafaranga yongererwa uwazigamye hakurikijwe iby'ibyiciro by'ubudehe, kandi umunyamuryango wagize ibyago byo gupfusha ariko yujuje umugabane usabwa akagira amafaranga agenerwa yo gushyingura .
Abasenateri banasabye Minisitiri Ndagijimana ko ubu bukangurambaga, bwagera no mu batuye muri Diaspora nabo bakitabira ari benshi.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru