AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Dr Kaitesi yasabye abagize ihuriro NFPO guteza imbere inzego zifite ibipimo byo hasi

Yanditswe Jun, 24 2021 14:20 PM | 51,748 Views



Abagize ihuriro ry’igihugu nyunguranabikerezo ry'imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda, bitabiriye ibiganiro byabahuje aho barebeye hamwe uruhare rwabo mu guteza imbere imiyoborere myiza.

Ibi biganiro byatanzwe n'urwego rw'igihugu rushinzwe imiyoborere, RGB.

Umuyobozi mukuru wa RGB, Dr Usta Kaitesi ashingiye ku bipimo by'imiyoborere,  yagaragaje ibipimo by'inkingi  zitandukanye maze asaba abagize ihuriro ry’igihugu nyunguranabitekerezo ry'imitwe ya politiki, kureba inzego zifite ibipimo byo hasi kugira uruhare mu guteza imbere izo nzego zikiri hasi.

Mu bushakashatsi bwa RGB bugaragaza ko urwego rw'umutekano rufite amanota 95.44%, ariko hakaba izindi nkingi zitazamuka uko bikwiye.

RGB igaragaza  inkingi ya serivisi ko ifite amanota 78.31%, iyo  kubaka umunyarwanda ushoboye ifite 73.32%, izi nkingi  RGB ivuga ko ihuriro ry’igihugu nyunguranabitekerezo ry'imitwe ya politiki rikwiye gushyira imbaraga mu kugira uruhare mu kuzamura izo nkingi zikagera ku rwego rukwiye.

Inkingi yo kubaka umunyarwanda ushoboye harimo ireme ry'uburezi ritazamuka uko bikwiye, abagize ihuriro ry'imitwe ya politiki bakaba basesengura umuzi w'ikibazo, aho bamwe basanga ireme ry'uburezi ritazamuka bishingira ku ruhererekane rw'ibibazo bitandukanye birimo ababyeyi batakimenya inshingano zabo, bamwe mu barimu batishimira umwuga bakora n'amakimbirane mu miryango.

Aha akaba ariho ihuriro ry’igihugu nyunguranabitekerezo ry'imitwe ya politiki, ngo ikwiye gushyira imbaraga mu gukemura ibi bibazo mu rwego rwo kubaka umunyarwanda wifuzwa.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura