AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Covid19: Minisante ivuga ko ibyiciro byose by'abaturage bizagerwaho uko inkingo zizaboneka

Yanditswe Jul, 11 2021 13:57 PM | 84,024 Views



Minisiteri y’Ubuzima iremeza ko inkingo zigenda ziboneka zisaranganywa ibyiciro by’abaturage bafite ibyago byinshi byo kuba bakwandura ndetse bakazahazwa cyane na covid19, ariko n'ibindi byiciro byose by'abaturage bikazagerwaho uko inkingo zizagenda ziboneka.

Abaturage bari mu byiciro by’abakuze n'abakora imirimo ituma bahura n'abantu benshi, barimo guhabwa urukingo rwa covid19.

Mu bitaro bya Kibagabaga mu Mujyi wa Kigali, ni hamwe mu hatangiwe uru rukingo rwahabwaga abarufashe bwa mbere.

Abakingiwe baravuga ko bishimiye ko bongerewe ubudahangarwa bwo guhangana na covid19 kuri ubu igenda irushaho gukwirakwira mu baturarwanda, bizeza ariko ko bazakomeza ingamba zo kwirinda covid19 kuko urukingo rutabuza uwaruhawe kwandura.

Umugwaneza Carine yagize ati  ''Nabyishimiye kuko ni amahirwe tuba twahawe kugirango twirinde iki cyorezo, kubera ko nkora muri banki mpura n'abantu benshi cyane batandukanye hari ibyago byinshi ko umuntu yakwandura covid, ntabwo bizakuraho ko nzakomeza kwirinda nk'uko babidushishikariza kwambara neza agapfukamunwa, gukaraba intoki kenshi.

Minisitiri w'Ubuzima Dr Ngamije Daniel atangaza ko kuri ubu u Rwanda ruteganya kubona inkingo buri cyumweru, zikazajya zisaranganywa ibyiciro by’abaturage hakurikijwe abugarijwe kurusha abandi.

''Gahunda yo gukomeza gukingira indwara ya covid irakomeje, inkingo zirimo kuboneka turakomeza gukingira abantu bakuze no mu bantu bafite indwara zitandukanye babana nazo kuko bagira ibyago byo gupfa iyo banduye covid, kugirango n'abakiri mu buzima busanzwe kandi bakenewe mu kubaka igihugu nabo bagerweho. Birumvikana ko tugomba kugerageza gusaranganya mu byiciro bitandukanye inkingo ziba zabonetse kugirango duhere ku bafite ibyago byo kwandura kandi hakaba havamo no gupfa. Abantu rero bareke kugira umuvundo buri wese tuzagerageza uko tumugeraho uko inkingo zizajya ziboneka.''

Minisiteri y'Ubuzima igaragaza ko kuri ubu abantu barenga 392,000 bamaze kubona inkingo ebyiri biganjemo abakozi bo kwa muganga kubera akazi bakora, abakuze n'abafite indwara zitandukanye babana nazo akaba arinabo bazakomereza ho kugeza no ku bindi byiciro bifite ibyago byo kwandura. 

Biteganyijwe ko ibikorwa byo gukingira ku itariki ya 12 Nyakanga bizakomereza mu karere ka Rubavu mu bitaro bya Gisenyi, no mu bigo nderabuzima biri hirya no hino mu Mujyi wa Gisenyi.

Bienvenue Redemptus




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira