AGEZWEHO

  • Amerika yakebuwe ku kwinangira gukoresha imvugo nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...
  • RIB yafunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...

Callixte Nsabimana arashyikirizwa urukiko kuri uyu wa Kane

Yanditswe May, 22 2019 17:15 PM | 7,276 Views



Callixte Nsabimana uzwi ku izina rya Sankara azagezwa imbere y’urukiko rw’inbanze rwa Kacyiru kuri uyu wa Kane tariki 23 Gicurasi 2019 kugira ngo amenyeshwe ibyaha akurikiranyweho, nk'uko tubikesha ubushinja bukuru bw’u Rwanda.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gicurasi 2019 nibwo Ubushinjacyaha bwashyikirije Urukiko dosiye ye  kugira ngo hatangire imirimo yo kumumenyesha ibyo byaha aregwa.

Callixte Nsabimana akurikiranywe n’ubushinjacyaha ku ruhare rwe mu byaha bifitanye isano n’iterabwoba no kugambira kugirira nabi umutekano w’igihugu.

Nsabimana yakunze kumvikana mu itangazamakuru yigamba guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Yeretswe itangazamakuru kuwa Gatanu tariki ya 17 Gicurasi 2019 ku Cyicaro Gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku Kimihurura.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #