AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

COVID19: RBC yatangiye gupima abamotari n'abashoferi mbere y'uko guma mu rugo irangira

Yanditswe Feb, 06 2021 08:28 AM | 9,561 Views



Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima mu Rwanda RBC cyatangiye igikorwa cyo gupima icyorezo cya COVID19 abantu bakora mu rwego rwo gutwara abantu n’ibintu mu buryo bwa rusange.

RBC ivuga ko ifite intego yo gupima abantu nibura 8,000 mu minsi ibiri iki gikorwa kizamara.

Iki kigo cyemeza ko iki gikorwa kigamije kureba uko ubwandu buhagaze mu bakora ibijyanye no gutwara abantu n'ibintu kuko bashobora kwanduza abantu benshi bahura na bo. 

Abari gupimwa biganjemo abamotari, n’abashoferi b’imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange. 

Bamwe mu bakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu bavuga ko bishimiye igikorwa cyo kubapima kuko bizabafasha gusubukura imirimo yabo bazi uko bahagaze kandi batanakwirakwiza icyorezo cya covid19 kubo batwara.

Ni igikorwa kibaye mu gihe kandi mu byemezo by’inama y’abaminisitiri iherutse guterana yemeje ko mu mabwiriza azatangira kubahirizwa ku italiki ya 8 uku kwezi ingendo mu modoka rusange cyangwa mu binyabiziga by’abantu ku giti cyabo zizaba zemerewe gukorwa mu Mujyi wa Kigali kandi imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange cyangwa se za bisi zizaba zemerewe gutwara abantu batarenze 50% by’umubare zemerewe gutwara.

RBC ivuga ko iki gikorwa kigamije kureba ishusho y’uko ubwandu bwa COVID19 buhagaze mu baturage mu byiciro bitandukanye bahura n'abantu benshi nk'uko bisobanurwa n'Umuyobozi w'ishami rishinzwe kurwanya ibyorezo mu kigo cy'igihugu gishinzwe ubuzima RBC, Dr Edson Rwagasore.

Yagize ati ''Twatangiye igikorwa cyo gupima abantu mu byiciro birimo abashoferi, abamotari n'abandi bantu bashobora kuba bahura n'abantu benshi kugira ngo dushobore kureba ishusho y'uko icyorezo kimeze muri ibyo byiciro ariko nanone kugira ngo turusheho gukangurira abantu uburyo bakwirinda; cyane ko muri bo bashobora hari abantu baba batagaragaje ibimenyetso cyangwa bakaba batazi ko barwaye. Mu by'ukuri ariko bakaba bafite ibyago byo kwanduza abantu benshi muri bakaba bahitanwa na COVID19.''

RBC ivuga ko ifite intego yo gupima abantu nibura 8,000 mu minsi ibiri ikurikiranye bakora mu rwego rw’ubwikorezi.

Iki kigo gikangurira abantu abantu bose bakora akazi ko gutwara abantu n’ibintu ndeste n'abafite ibinyabiziga byabo bwite gukomeza kwitwararika ku mabwiriza to kwirinda Covid19 kuko bitabaye ibyo byaba intandaro yo kwanduza umubare munini w’abantu batwara. 


Bienvenu Redemptus



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura