AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

COVID19: Mu minsi 50 i Kigali ubwandu bwavuye kuri 3% bugera kuri 12%

Yanditswe Jan, 20 2021 07:23 AM | 3,037 Views



Nyuma y’uko guverinoma ifashe icyemezo cyo gushyira umujyi wa Kigali muri gahunda ya Guma mu rugo, bamwe mu batuye muri uyu mujyi baremeza ko batatunguwe n’iki cyemezo kuko basanga hari hakenewe ingamba zikomeye zo guhangana n’icyorezo cya COVID19 cyari gikomeje gukaza umurego.

Ni icyemezo bavuga ko bakiranye yombi kuko cyafashwe mu nyungu za buri wese kigamije kurengera ubuzima.

Ni mu masaha yo ku manywa, turi mu mujyi wa Kigali rwagati mu gace k’ubucuruzi kazwi nka Matewusi. Ku mugoroba wo kuri wa mbere Ubwo  Haburaga amasaha macye ,  ngo inama y’abaminisitiri ifate icyemezo cyo gushyira umujyi wa Kigali muri gahunda ya Guma mu rugo ,  bamwe mu bakorera muri aka gace nubundi bacaga amarenga ko Guma mu rugo ishobora kuba igisubizo cy’ubwiyongere bukabije bw’abandura icyorezo cya COVID19 ndetse n’abo gihitana bakomeje kwiyongera.

Ibi ni nako byaje guhita bigenda koko, nyuma y’uko inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa mbere hifashishijwe ikoranabuhanga, yanzuye ko umujyi wa Kigali ushyirwa muri gahunda ya Guma mu rugo mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubwiyongere bukabije bw’icyorezo cya COVID19 muri uyu mujyi.

Ni icyemezo kuri bamwe kitatunguranye  ngo kuko basanga igihe cyari kigeze ngo hafatwe ingamba zikomeye kurusha izari zisanzweho ziswe Guma mu karere.

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima, RBC, bugaragaza ko mu minsi 50 ishize icyorezo cya COVID19 cyiyongereye k’umuvuduko udasanzwe mu mujyi wa Kigali, aho abanduye bavuye kuri 3% bagera kuri 12%, bishatse kuvuga ko mu bantu 10 byibura umwe muri bo aba afite bwandu bwa COVID19.

Inzobere mu ndwara z’ibyorezo akaba n’umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana avuga aho ibintu bigeze mu mujyi wa Kigali nta bundi buryo bwakoreshwa ngo icyorezo cya COVID19 cyigabanye umuvuduko uretse gusaba buri wese kuguma mu rugo.

Kuva mu kwezi kwa Werurwe k'umwaka ushize wa 2020 ubwo umurwayi wa mbere wanduye icyorezo cya COVID19 yagaragara mu Rwanda, si ubwa mbere agace runaka gashyizwe muri Guma mu rugo konyine, kuko muri aya mezi 10 ashize byabaye ku turere twa Rusizi na Rubavu ndetse no k’utugari n’imidugudu imwe n’imwe yo hirya no hino mu gihugu. 

Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura