AGEZWEHO

  • Ababyeyi basizwe iheruheru na Jenoside barashima uko bakomeje gufashwa kwiyubaka – Soma inkuru...
  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...

CHOGM2022 : Polisi yasabye abagenda muri Kigali kwima amatwi abavuga ko ubuzima bwahagaze

Yanditswe Jun, 20 2022 17:48 PM | 95,857 Views



Polisi y'u Rwanda n'Umujyi wa Kigali basabye abatuye n'abagenda muri uyu Mujyi kwima amatwi abakwirakwiza ibihuha, bavuga ko ubuzima bwahagaze kubera inama ya CHOGM.

Mu mihanda itandukanye y’Umujyi wa Kigali, urujya n’uruza rw’abaturage ni rwose, bamwe barajya mu kazi kabo ka buri munsi nk’ubucuruzi, gutwara abantu ndetse n’izindi serivisi. 

Gusa hari abaturage bafite amakuru y’ibihuha ko imihanda ifunze ku buryo ubuzima bw’abanyamujyi bwahagaze. 

Bamwe mu batwara abagenzi ku binyabiziga, ngo barimo kuzamura ibiciro by'ingendo bavuga ko imihanda ifunze kubera inama ya CHOGM.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ACP Gerard Mpayimana yahamije ko nta mihanda ifunzwe ku buryo byabuza abaturage gukomeza kuyikoresha bajya mu mirimo yabo ya buri munsi.

Yagize ati "Abantu nibakoreshe iyo mihanda abajya gucuruza bacuruze, abajya mu mirimo bakomeze, Polisi y'igihugu irahari ngo ibafashe mu ngendo zabo kandi niyo byaba ngombwa ko umushyitsi agiye gutambuka umuhanda uhagarikwa igihe gito abakoresha umuhanda bagakomeza kuwukoresha, nta buzima bwahagaze nta n'ukwiye kubuhagarika keretse ushaka kubuhagarika kugiti cye, ashaka kwigumira mu rugo ariko turabwira abakorewsha imihanda mu mujyi wa Kigali gukomeza kuyikoresha kandi turababwira ko aya makuru barimo kumva atari yo."

Bamwe mu bakorera muri uyu Mujyi wa Kigali bo bavuga ko ahubwo barushijeho gukora cyane kugira ngo babyaze umusaruro amahirwe yo kwakira inama ya CHOGM.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa yasabye abagenda mu mujyi wa Kigali kwima amatwi abakwirakwiza ibihuha ko uhuzima muri uyu mujyi bwahagaze.

"Ubuzima bwo burakomeje ari ingendo muzi ko tumaze n'iminsi twagura imihanda mu nkengero z'Umujyi no mu mujyi hagati, rero nta kibazo turakomeza kubakangurira gukomeza gutanga serivise uko bisanzwe kandi bakanoza serivise bazitanga na yombi kugira ngo nabo babyungukiremo."

Iyi nama ya CHOGM izitabirwa n’abagera ku bihumbi 6, abatanga serivise z’ubukerarugendo, amahoteli, utubari, ubucuruzi n’izindi bararushijeho kunoza serivise batanga ku bashyitsi baza babagana.

Jean Paul Turatsinze



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira