AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Byukusenge wigaga muri Mount Kenya mu banyarwanda Uganda yari ifunze bagejejwe mu Rwanda

Yanditswe May, 05 2021 14:27 PM | 84,725 Views



Ku mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare, kuri uyu wa Gatatu hagejejwe Abanyarwanda 17 barimo batatu b'igitsinagore, aba nabo bakaba barimo uwitwa Byukusenge Jennifer wari umunyeshuri muri Kaminuza ya Mount Kenya.

Uyu Byukusenge yari aherutse gushimutwa n'Urwego rushinzwe ubutasi mu Gisirikare cya Uganda, CMI mu ntangiriro  za Mata uyu mwaka.

Amakuru avuga ko Byukusenge yashimuswe tariki 5 Mata 2021, ajyanwa mu buroko ku biro bikuru bya CMI biherereye i Mbuya.

Uyu mukobwa yari yagiye ngo muri Uganda kubwira mama we iby’ubukwe yiteguraga ndetse ngo banategure uko buzagenda.

Amakuru avuga ko yari yagiye muri Uganda tariki 3 Mata agenda mu ndege ya RwandAir.

Aba bantu bose uko ari 17 bari bamaze igihe bafungiye muri gereza zitandukanye mu gihugu cya Uganda.

Bose bahageze baherekejwe n'inzego zishinzwe abinjira n'abasohoka ku ruhande rwa Uganda.

Mu buhamya bwabo, bavuga ko bakorewe iyicarubozo rikomeye muri gereza bari bafungiyemo, aho bakubitwaga bikomeye abandi bakararara bambaye amapingu bashinjwa kuba ba maneko b'u Rwanda.

Bishimiye ko bongeye kugaruka mu Rwanda, bakavuga ko badatekereza kongera usubira muri Uganda bitewe n'ibibazo bahuriyeyo nabyo.

Gusa bavuga ko ikibabaje cyane ari uko bamburiweyo ibyo bari batunze byose birimo amafaranga, inzu n'ibindi, bakaba basaba ko leta y'u Rwanda yabafasha kubikurikirana.

Aba Banyarwanda bagejejwe mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu, baje bakurikira abandi boherejwe mu bihe bitandukanye banyujijwe ku mipaka itandukanye ihuza u Rwanda na Uganda.

Hashize igihe umubano w’u Rwanda na Uganda urimo agatotsi. Ibikorwa byo gufunga mu buryo budakurikije amategeko no gukorera iyicarubozo Abanyarwanda baba muri Uganda byafashe indi ntera guhera mu mwaka wa  2017, kugeza ubwo u Rwanda rwageze aho rusaba abaturage barwo kutajya muri icyo gihugu ari na ko bimeze kugeza ubu.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira