Yanditswe Apr, 03 2021 08:54 AM | 106,411 Views
Abaturage bo mu mirenge itandatu yo mu Karere ka Burera ikora ku mupaka w'u Rwanda na Uganda baravuga ko bishimiye ibikorwaremezo birimo kubegerezwa kuko byatumye batakijya kubishakira hakurya y'umupaka aho bahuriraga n'ingorane zitandukanye.
Postes de Santé 16 zirimo izifasha abaturage muri serivisi zo kubyaza, kuvura amenyo no gusiramura, imihanda y'ibilometero 52 n'ibice umunani,amashuri y'imyuga abiri ni bimwe mu bikorwaremezo bimaze kwegerezwa aba baturage.
Ni mu gihe kandi ingo 7006 zimaze guhabwa umuriro w'amashanyarazi naho imishinga 2 yo gukwirakwiza amazi meza muri iyi mirenge akazanagezwa muri Kaminuza n'Ibitaro bya Butaro biteganijwe ko izarangira m'ukwezi kwa cyenda k'uyu mwaka wa 2021.Izatwara akayabo ka miliyari isaga imwe n'igice by'amafaranga y'u Rwanda.
Ibi bikorwa ni byo abaturage bavuga ko bishimira kuko bimaze guhindura ubuzima bwabo.
Nubwo bimeze gutya ariko aba baturage bavuga ko hari ibindi bikorwa bagikeneye gufashwamo byakomeza kirushaho kwihutisha iterambere ryabo.
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney asaba aba baturage kubyaza umusaruro ibi bikorwaremezo bakarushaho gukataza mu iterambere kandi ngo nibitarakorwa bizakorwa.
Ni mu ruzinduko Minisitiri Gatabazi arimo gukorera mu Ntara y'Amajyaruguru ari kumwe na Komiseri Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, Dan Munyuza na Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille.
Bibukije aba baturage ko kwicungira umutekano,kwirinda ibiyobyabwenge na magendu ari byo nkingi ikomeye yo kuzatuma ibikorwaremezo babegereza biramba kandi bikabageza ku iterambere ryifuzwa.
UWIMANA Emmanuel
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
4 hours
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
5 hours
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
5 hours
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru