AGEZWEHO

  • Abagore bari mu nzego z'ubuyobozi n'abazihozemo muri Loni basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali – Soma inkuru...
  • Amajyaruguru: Abaturage babangamiwe n'buriganya bukorwa n'abakomisiyoneri – Soma inkuru...

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

Yanditswe Jul, 07 2023 18:31 PM | 67,933 Views



Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga yaganirije abanyeshuri b’Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubworozi butangiza ibidukikije (RICA) riri mu Karere ka Bugesera ku ruhare rwabo mu gusigasira ibyagezweho nyuma y’imyaka 29 u Rwanda rumaze rubohowe.

Iki kiganiro gitanzwe mu gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru y’imyaka 29 yo kwibohora, cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Uruhare rw’Ingabo za RPA mu kubohora igihugu mu 1994: Ni gute urubyiruko rw’ubu rwasigasira ibyagezweho”

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga yashimangiye ko hakenewe ubushake buhoraho, gukora cyane ndetse no kuba urubyiruko rugomba kuba rusangiye kumva ko ruhuje mu gusigasira ibyagezweho. Yashishikarije abanyeshuri ba RICA guhora mu b’imbere mu guha icyerekezo ahazaza h’u Rwanda, anabibutsa ko ibikorwa byabo uyu munsi ari byo shingiro ryejo huje iterambere n’amahoro.

Yagize ati “Ndagira ngo mbabwire ko intambara turwana, tugatsinda, byose bigirwamo uruhare n’urubyiruko. Haba mu mashyamba ya Cabo Delgado, mu butayu bwa Darfur, mu bihuru byo muri Sudani y’Epfo, urubyiruko ni rwo rufite uruhare muri mahoro n’umutekano aho hose ubu bafite. Rero ntibabashuke ko ntacyo mushoboye nkuko bijya bivugwa. Muve muri uwo murongo ahubwo mujye mu murongo muzima”.

Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubworozi butangiza ibidukikije (RICA) riri mu Karere ka Bugesera ryashinzwe n’Umuryango w’Umuherwe Howard G. Buffett afatanyije na Guverinoma y’u Rwanda, rikora ubushakashatsi, rikigisha abitezweho ubuhanga no kuyobozo ingeri y’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF

RDF yavuze ku bashinzwe umutekano bageze ku butaka bwa RDC batabiteguye bakuriki