AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Boston-US : Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo

Yanditswe May, 20 2016 12:24 PM | 1,823 Views



Madamu wa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Jeannette Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane yahawe  igihembo cy'uko yagaragaje uruhare rukomeye mu kwita ku buzima n'imibereho myiza y'abaturage bababaye cyane barimo abana n'abagore kandi na n'ubu akaba akomeje ibikorwa bibateza imbere. Ni umuhango wabereye muri Kaminuza ya Massachusetts  iri i Boston muri USA.

Ni igihembo yahawe n’umuryango Team Heart ukorera mu Rwanda aho usanzwe ukora ibikorwa by’ubuvuzi bw’umutima ku bantu badafite ubushobozi.

Mu muhango wo gutanga iki gihembo kandi hatangijwe gahunda y'ubukangurambaga rusange bugamije gukusanya inkunga igamije kubaka ikigo cya mbere kizaba kigamije gukorerwamo ubuvuzi bw'ibanze ku bantu batishoboye, barwaye indwara y'umutima kizubakwa mu Rwanda.

David Wilson, umuyobozi wa Team Heart  asanga kubaka iki kigo bizagabanya mu buryo bugaragara umubare w’abantu mu Rwanda bahuraga n’ibibazo by’umutima ariko bakabura ubutabazi kubera ubushobozi bucye. Madamu Jeannette Kagame, umuyobozi w’ikirenga w'Umuryango Imbuto Foundation, afasha aba baturage batishoboye mu nzego zitandukanye zirimo urw'ubuvuzi, uburezi no kongerera ubushobozi urubyiruko hagamijwe kubateza imbere.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura