AGEZWEHO

  • Nyabihu: Abarokotse Jenoside batewe impungenge n'ingengabitekerezo ya Jenoside ikihagaragara – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yihanganishije Abanya-Kenya ku rupfu rw’Umugaba Mukuru w'Ingabo – Soma inkuru...

Boris Johnson ni we Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza

Yanditswe Jul, 23 2019 12:07 PM | 8,996 Views



Kuri uyu wa Kabiri Ishyaka ry’Abakozi (Conservative Party) ryatangaje ko Boris Johnson ari we ugiye kuriyobora, umwanya asimbuyeho Theresa May wavuze ko azegura mu minsi ishize.

Mu matora Boris yatsinze yatsinze uwo bari bahanganye Jeremy Hunt, bivuze ko ari we ugomba guhita aba Minisitiri w’Intebe, imirimo azatangira kuri uyu wa Gatatu.

Theresa May yeguye nyuma ya ho ananiriwe kuvana u Bwongereza mu Muryango w'Ubumwe bw’i Burayi (Brexit).

Abongereza bagaragaje icyifuzo cyo kuva muri uyu muryango mu mwaka wa 2016, icyo gihe byanaviriyemo uwari Minisitiri w’Intebe David Cameron kwegura.

Theresa May wafatwaga nk’ushobora gukora ibishoboka byose kugira ngo ibyifuzo by’abaturage byubahirizwe, inshuro zoze yasobanuriye abadepite uburyo bwo kuva muri EU bagiye babutera utwatsi, biza kuva intandaro yo kwegura.

Boris Johnson ufashe uyu mwanya, yakoze imirimo itandukanye ya politiki mu Bwongereza, harimo iyo kuba umudepite, Meya wa London ndetse no kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.

Yakunze kugaragaza ko kuba mu Muryango wa EU bidasobanuye kuvana u Bwongereza ku Mugabane w’u Burayi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira