AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Bitarenze 2022, Imirenge Sacco izaba yamaze kubyara Banki y'Amakoperative

Yanditswe Aug, 01 2020 10:37 AM | 36,177 Views



Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda ivuga  ko bitarenze umwaka wa 2022, Banki y'Amakoperative izaba yaratangijwe.

Imirenge Sacco 416 iri hirya no hino mu gihugu igiye gushyirwa hamwe hakorwe Sacco imwe muri buri karere, aho Sacco 30 zizahita zihinduka Banki y'Amakoperative. Biteganyijwe ko muri 2022 iyi banki izaba yagiyeho.

Iyi banki yitezweho byinshi na bamwe mu banyamuryango b'imirenge Sacco, aho ngo bizabyarira inyungu abanyamuryango b’amakoperative.

Umusesenguzi mu birebana n'ubukungu Straton Habyalimana avuga ko ishyirwaho ry'iyi banki ari igitekerezo cyiza kigamije gutuma amakoperative atera indi ntambwe

Iyi banki ije mu gihe mu makoperative havugwamo ibibazo by'imicungire mibi y'umutungo n'imiyoborere itanoze ihombya abanyamuryango ndetse koperative zimwe na zimwe zikaba zirimo gusenyuka.

Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Amakoperative Prof. Jean Bosco Harerimana akaba afitiye icyizere umushinga w'itegeko uri mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w'abadepite ko uzahindura byinshi mu mikorere y'amakoperative.

Mu Rwanda habarurwa amakoperative asaga ibihumbi 10 afite abanyamuryango basaga miliyoni 5 n'ibihumbi 300 mu gihe kandi

imirenge Sacco ifite ubwizigame bwa miliyari 76 z'amafaranga y'u Rwanda na miliyari 16 y'imari shingiro.


Bosco KWIZERA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira