AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Bishimiye ikurwaho ry’umusoro ku bikoresho by’isuko by’abagore n’abakobwa

Yanditswe Dec, 11 2019 18:45 PM | 1,264 Views



Bamwe mu bana b’abakobwa bakiranye ibyishimo icyemezo cya Guverinoma cyo gukuriraho umusoro ku nyongera-gaciro ku mpapuro z’isuku zikoreshwa mu gihe cy’imihango.

Bamwe muri aba bana batangaje ko kubera igiciro cyari gihanitse hari igihe banyuzagamo bagakoresha ibintu bitabahesha agaciro.

Muhawenimana Sandirine, ni umwe mubishimira iki cyemezo bitewe n’ubushobozi buke, avuga ko bwatumaga akoresha ibikoresho bitamuhesha agaciro igihe yabaga agiye mu mihango.

Abakoresha izi mpapuro z’isuku bavuga ko iki cyemezo gisanze zari zimaze kuzamuka mu giciro ku buryo zari zimaze kugera ku mafaranga y’u Rwanda 1000 zivuye ku mafaranga 500.

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro kivuga ko ubusanzwe izi mpapuro  z’isuku zikoreshwa n’abagore bitasoraga amahoro ya gasutamo, bakemeza ko n’umusoro ku nyongeragaciro wavuyeho.

Imibare igaragaza ko nibura urupapuro rw’isuku rugura amafaranga igihumbi hangomba kuva umusoro ku nyongeragaciro ungana na 18% bisobanura ko ku mafaranga 1000 havaho 180  igasigara igura amafaranga 820.

Gukuraho uyu musoro bikaba biri mu rwego rwo korohereza abagore n'abakobwa kubona ibi bikoresho.

Hagati aho ariko abacuruzi bo bavuga ko n’ubwo uwo mwanzuro wafashwe hari ibyo bari batumije kandi basoreye  babanza bagategereza ko bibaza bikagurwa

Izi mpapuro z’isuku zije ziyongera ku bindi bintu bitumizwa hanze y’igihugu byakuriweho imisoro nk’ibikoresho by’ubuhinzi ndetse n’ikoranabuhanga.


Bonaventure CYUBAHIRO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira