AGEZWEHO

  • Nyabihu: Abarokotse Jenoside batewe impungenge n'ingengabitekerezo ya Jenoside ikihagaragara – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yihanganishije Abanya-Kenya ku rupfu rw’Umugaba Mukuru w'Ingabo – Soma inkuru...

Perezida Kagame yahuye n'abayobozi batandukanye mu nama ku bukungu (WEF) i Davos

Yanditswe Jan, 24 2018 23:18 PM | 6,276 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame uzagirana ibiganiro na Perezida w’America Donald Trump kuri uyu wa gatanu, asanga ibisubizo ku bibazo by'umuryango w'abantu cyangwa igihugu bikwiye gushingira kuri bo ubwabo aho kubivana mu mahanga. Ibi Perezida Kagame akaba yabigarutseho kuri uyu munsi wa kabiri w’inama y’ihuriro ry’ubukungu ku Isi ikomeje kubera I Davos mu Busuwisi.

Muri iki kiganiro cyibanze k'uburyo bwo kubaka amahoro muri Afurika, perezida Paul Kagame yagaragaje ko hari bamwe mu banyamahanga babwiraga abanyarwanda ko bakwiye kugabanya u Rwanda mo ibihugu bibiri binyuranye ariko Abanyarwanda  bakabitera utwatsi.

Umukuru w'igihugu kandi yagaragaje ko nta bitangaza u Rwanda rwakoze, ko ahubwo icyabaye ari ukugerageza kumva ibibazo byarwo no kumva ko kubyicyemurira ari cyo kintu cy'ibanze ku banyarwanda.

Perezida Paul Kagame yasoje avuga ko nubwo hari intambwe u Rwanda rwateye muri iyi myaka ishize, kwikemurira ibibazo bikiri ingirakamaro hakomeza gushakwa ibisubizo bihamye, ibintu bigomba kujyana no kubaka ubushobozi mu nzego zose z’ubuzima bw’igihugu.

Inkuru irambuye mu mashusho:




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira