Yanditswe Jan, 24 2018 23:18 PM | 6,276 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame uzagirana ibiganiro na Perezida w’America Donald Trump kuri uyu wa gatanu, asanga ibisubizo ku bibazo by'umuryango w'abantu cyangwa igihugu bikwiye gushingira kuri bo ubwabo aho kubivana mu mahanga. Ibi Perezida Kagame akaba yabigarutseho kuri uyu munsi wa kabiri w’inama y’ihuriro ry’ubukungu ku Isi ikomeje kubera I Davos mu Busuwisi.
Muri iki kiganiro
cyibanze k'uburyo bwo kubaka amahoro muri Afurika, perezida Paul Kagame yagaragaje ko hari bamwe mu banyamahanga babwiraga abanyarwanda ko bakwiye
kugabanya u Rwanda mo ibihugu bibiri binyuranye ariko Abanyarwanda bakabitera utwatsi.
Umukuru w'igihugu kandi yagaragaje ko nta bitangaza u Rwanda rwakoze, ko ahubwo icyabaye ari ukugerageza kumva ibibazo byarwo no kumva ko kubyicyemurira ari cyo kintu cy'ibanze ku banyarwanda.
Perezida Paul Kagame
yasoje avuga ko nubwo hari intambwe u Rwanda rwateye muri iyi myaka ishize,
kwikemurira ibibazo bikiri ingirakamaro hakomeza gushakwa ibisubizo bihamye,
ibintu bigomba kujyana no kubaka ubushobozi mu nzego zose z’ubuzima bw’igihugu.
Inkuru irambuye mu mashusho:
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
4 hours
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru