AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Barinubira igitutu cy’ababishyuza intwererano

Yanditswe Jan, 06 2020 10:37 AM | 1,739 Views



Hari abaturage hirya no hino mu gihugu bavuga ko barambiwe igitutu cy'ababasaba intwererano mu gihe bagiye gukoresha ubukwe. Ibi ngo hari n'igihe bihungabanya imibanire abantu bari basanzwe bafitanye.

Bamwe muri aba baturage bavuga ko basigaye batangazwa no kubona ubutumwa bugufi kuri telefoni zabo cyangwa bakisanga bashyizwe ku mbuga za Watsapu zikusanyirizwaho inkunga cyangwa intwererano y’abantu  runaka bagiye gukora ubukwe.

Ni ibintu aba baturage bavuga ko byeze cyane muri iyi minsi. Ababyinubira baravuga ko biri guterwa n'abategura ubukwe batihagije, abandi bagashaka kwigana ibyo abandi bakoze nyamara badahwayije ubushobozi, ahubwo bahanze amaso ku nkunga

Hari abemeza ko bimaze kuba nk'indwara kandi rimwe na rimwe bikaba byakurura amakimbirane hagati y'usaba intwererano n'uwagombaga kumutwerera iyo atamutwerereye, bikangiza umubano bari basanganywe.

Bamwe mu batarakora ubukwe bavuga ko ibyo bagiye babonera kuri bagenzi babo babuteguye nta cyo bafite byabaviriyemo isommo. Ababukoze na bo bakagira inama abatarabukora kwirinda kwishima aho batishyikira.

Mu Mujyi wa Kigali, hari bamwe mu bafasha abantu gutegura ubukwe, bavuga ko ubasabye kubafasha bamugira inama gusa ariko ngo hari igihe mu byo yapanze basangamo ukwirarira.

Bamwe mu bafite ahabera ubukwe bo bavuga ko kugira ngo birinde ko habaho rwaserera hagati yabo n'umukiliya bamusaba kwishyura mu bice.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko n’Umuco Edouard Bamporiki avuga ko ibyo kotsa igitutu abantu ubasaba intwererano atari ibya Kinyarwanda. Agira abantu inama yo gukora ubukwe  bwabo nta we biganye.

Ikibazo cy’abategura ubukwe bashingiye ku ntwererano kiragenda gifata indi ntera, aho ndetse bamwe mu babinenga bavuga ko hari abashakisha amafaranga menshi bagamije kuyasagura ngo azabafashe kubaho neza nyuma y'ubukwe.


Theogene TWIBANIRE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize