AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Kwibuka27: Bamwe mu barokokeye i Kigali ntibazibagirwa tariki ya 7 Mata 1994

Yanditswe Apr, 08 2021 08:48 AM | 68,384 Views



Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bari batuye mu Mujyi wa Kigali bavuga ko batazigera bibagirwa umubare munini w'ababo bishwe kuri iyi taliki ya 7 Mata 1994 baguye kuri za bariyeri nyinshi zahise zishyirwa mu mihanda minini n'utuyira twose tw'imigenderano nyuma y'ihanurwa ry'indege y'uwari Perezida Habyalimana Juvenal.

Mu Murenge wa Nyakabanda mu Kagari ka Munanira ya 2, ni mu matongo y'uwitwa Chasty. Inzu ye yarasenywe ndetse we n'abagize umuryango we bishwe kuri iyi tariki ya 7 Mata mu 1994.

Bariyeri nyinshi zari zashyizwe ahantu hatandukanye muri uyu Mujyi wa Kigali nk'uko bigaragazwa mu buhamya buhurirwaho na benshi mu bari batuye muri uyu Mujyi wa Kigali icyo gihe barimo Daniel Nshimyumuremyi warokokeye mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge na Mutabazi Martin warokokeye mu murenge wa Nyarugunga mu karere ka Kicukiro ahahoze ari Komine Kanombe.

Mu gihe igihugu kimaze gutera intambwe igaragarira benshi, abahanga mu birebana n'ubumenyamuntu bemeza ko hari impamvu zishobora gutuma hari abinangira bagatsimbarara ku myumvire yabo bitewe n'impamvu Felix Banderemabaho umwalimu muri Kaminuza y'u Rwanda asobanura.

Imyaka 27 ishize jenoside yakorewe abatutsi ihagaritswe, imiryango itandukanye yita ku barokotse jenoside ibasaba kudaheranwa n'agahinda, ariko kandi abafite intege nke cyane cyane abagihanganye n'ibikomere batewe na jenoside bagakomeza kwitabwaho.


Bosco KWIZERA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura