AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

BRD igaragaza imbogamizi mu kwishyuza inguzanyo ya buruse

Yanditswe Apr, 03 2019 19:10 PM | 5,332 Views



Muri miliyari zisaga 170 zatanzwe nk'inguzanyo ku banyeshuri ba kaminuza n'amashuri makuru, izimaze kwishyurwa ni 7 gusa kuva mu myaka 12 ishize. Banki y'Amajyambere y'u Rwanda BRD ivuga ko imwe mu mbogamizi ikigaragara ari abakoresha batamenyekanisha abakozi abakozi babo.

Bamwe mu bahawe na Leta inguzanyo yo kwiga muri Kaminuza n'amashuri makuru bemera ko yabafashije. Hari abamaze kwishyura amafaranga bahawe ariko hakaba n'abatarishyura kubera impamvu zitandukanye zirimo no kuba batarabona akazi.

Bavuga ko kwishyura aya mafaranga bituma n'abakiri mu mashuri babona uburyo bwo kwiga, bityo ko Leta ikwiye gukora ibishoboka byose amafaranga yose akishyurwa.

Bamwe mu bakoresha by'umwihariko mu bigo by'abikorera ntibashatse kugira icyo bavuga kuri iyi gahunda yo kumenyekanisha abakozi babo bahawe inguzanyo yo kwiga.  Ubuyobozi bwa Banki y'amajyambere y'u Rwanda buvuga ko hashyizwe imbaraga nyinshi mu kwishyuza aya amafaranga y'inguzanyo zahawe abanyeshuri.

Umuyobozi w'ishami rishinzwe gutanga inguzanyo zo kwiga ku banyeshuri no kwishyuza abazihawe muri BRD Murangayisa Emmanuel avuga ko n'ubwo hari intambwe igerwaho, hakiri imbogamizi zirimo abakoresha batamenyekanisha abakozi n'ababikoze ntibabakate amafaranga 8% by'umushara nk'uko itegeko ribiteganya mu kwishyura izi nguzanyo.

"Umunyeshuri wahawe iyi bourse agatangira gukora agomba ubwe kwimenyekanisha ko asigaye akora n'umukoresha itegeko riteganya ko agomba kumenyekanisha abakozi barangije kandi bize ku nguzanyo ya leta, imbogamizi duhura nazo rero ni uko abakozi batibuka kwimenyakanisha ubwabyo, gusa turashimira abakoresha bake babikora, ariko abatabikora baracyari benshi" Murangayisa Emmanuel, BRD

Mu mwaka wa 1980  Leta y'u Rwanda yatangiye gutanga amafaranga y'inguzanyo ku banyeshuri bo muri Kaminuza. Aya mafaranga arimu  byiciro 3 harimo ay'ishuri, atunga umunyeshuri azwi ka buruse ndetse n'ay'urugendo ku bajya kwiga mu mahanga.

Kuva muri uwo mwaka kugeza muri 2016 hari hamaze gutangwa miliyari 70 binyuze mu bigo bishamikiye kuri Minisiteri y'Uburezi. Kuva aho izi nshingano zeguriwe banki y'amajyambere y'u Rwanda  mu mwaka 2016 kugeza ubu hamaze gutangwa andi mafaranga asaga miliyari 100. Bivuze ko kuva mu myaka 39 ishize Leta imaze gutanga inguzanyo  ya miliyari zisaga 170, kubanyeshuri  ibihumbi 120. Kugeza ubu hamaze  kwishyurwa  miliyari 7 gusa.


Inkuru ya Jean Paul Turatsinze



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira