AGEZWEHO

  • Abagore bari mu nzego z'ubuyobozi n'abazihozemo muri Loni basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali – Soma inkuru...
  • Amajyaruguru: Abaturage babangamiwe n'buriganya bukorwa n'abakomisiyoneri – Soma inkuru...

BNR yavuze ku bikomeje gutuma haba izamuka ry'ibiciro rikabije mu Rwanda

Yanditswe Sep, 22 2022 19:17 PM | 210,201 Views



Banki Nkuru y'u Rwanda yavuze ko izamuka ry'ibiciro rikabije mu Rwanda ridashingiye gusa ku bibazo by'ubukungu ku isi, kuko no mu Rwanda habayeho ikibazo cy'umusaruo muke mu rwego rw'ubuhinzi.

BNR igaragaza ko ubukungu bw'u Rwanda bwazamutse neza mu gice cya mbere cy'uyu mwaka nubwo guverineri wa banki nkuru y'u Rwanda, John Rwangombwa avuga ko umuvuduko wo kuzahuka kw'ubukungu muri icyo gihe wagabanutse ugreranije no mu mwaka ushize ubwo hatangiraga gufatwa ingamba zo guhangana n'ingaruka za Covid-19.

Ku bijyanye n'ibiciro bikomeje gutumbagira umunsi ku wundi, guverineri Rwangombwa avuga ko nubwo iki ari ikibazo kiri ku isi muri rusange, ku Rwanda ho hari umwihariko kuko hari impamvu zishingiye ku musaruro muke w'ubuhinzi.

Ku bijyanye n'ikoranabuhanga mu kwishyurana, BNR igaragaza ko agaciro k'ibikorwa byo guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga ugereranije n'umusaruro mbumbe kazamutse ku gipimo kirenga 111.4% kugeza mui Kamena uyu mwaka ugereranije n'izamuka rya 95.5% mu gihe nk'iki umwaka ushize. 

Ibi bitandukanye n'umuvuduko w'ubwitabire kurikoresha mbere ya Covid 19 kuko nko muri 2019 muri kamena agaciro k'ibyo bikorwa ku musaruro mbumbe kari kuri 36.4%



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF