AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

BNR yavuze ko umutungo wa za banki wazamutse ugera kuri Miliyali 4 501 Frw

Yanditswe May, 12 2021 18:30 PM | 35,532 Views



Banki Nkuru y'u Rwanda, BNR yatangaje ko umutungo wa za banki wazamutseho 23.6% ugera kuri miliyali zisaga 4,501 z'amafaranga y'u Rwanda, mu gihe urwego rw'ibigo by'imari iciriritse umutungo wabyo wazamutse ku gipimo cya 14.6% ugera kuri miliyali 368.2 kugeza mu mpera za werurwe 2021, ugereranije n'izamuka rya 14.4% ryagaragaye muri 2020 mu gihe nk'icyo.

BNR ivuga ko ibikorwa byo guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga nabyo byiyongereye, nubwo ubuyobozi bw'iyo banki buvuga ko hagikenewe ubufatanye n'abatanga izo serivise kugirango igiciro cyazo cyorohere abagenerwabikorwa.

Akanama gashinzwe urwego rw'imari muri Banki Nkuru y'u Rwanda, kagaragaje ko nubwo icyorezo cya Covid 19 cyazahaje ibyiciro byinshi bigize ubukungu, urwego rw'imari muri rusange ruhagaze neza.

Kavuga ko mu gihembwe cya mbere gusa, umutungo w'ibigo bikubiye muri urwo rwego wazamutse ku gipimo cya 22.5% ugereranije n'igihembwe nk'icyo mu mwaka wa 2020, aho wari wazamutse ku gipimo cya 14.5%.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa agaragaza ko iri zamuka ryatewe n'amafaranga leta yashoye mu rwego rw'imari, bitandukanye n'umwaka ushize ubwo yari yayakuyemo.

Gusa nubwo urwego rw'imari rwazamutse, BNR ivuga ko inguzanyo zitishyurwa neza ziyongereye zigera ku gipimo cya 6.6%, bivuye kuri 4.5% zariho mu mpera za 2020, mu gihe muri Werurwe 2020 zari kuri 5.5%.

Ku isoko ry'ivunjisha, BNR ivuga ko ifaranga ryataye agaciro ugereranije n'idorali ku gipimo cya 0.993% ugereranije n'igabanuka rya rya 0.996 mu gihe nk'icyo mu mwaka ushize. 

Guverineri Rwangombwa avuga ko iyo banki yagumishije kuri 4.5% igipimo ihererekanyaho amafaranga na banki z'ubucuruzi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira