AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Amateka yaranze Padiri Ubald Rugirangoga: Agahinda ku bo yomoye ibikomere

Yanditswe Jan, 10 2021 09:42 AM | 15,075 Views



Imwe mu miryango yiyunze nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi binyuze muri gahunda y'ubumwe n'ubwiyunge n'isanamitima yatangirijwe muri Paruwasi ya Mushaka na Padiri Ubald Rugirangoga,yavuze ko yababajwe cyane n'urupfu rwe ariko ishimangira ko nta kizahagarika iyi gahunda.

Ntibyoroshye kuri bamwe mu bari bazi Padiri Ubald kwemera ko atakiri mu isi y’abazima. Muri  paruwasi ya Mushaka bari bamaranye imyaka 11 bari mu  bashenguwe n’urupfu rwe.

Sinzabakwira Straton w’i Nyamasheke mu Murenge wa Karengera,aho padiri Ubald avuka, ari mu bagize uruhare mu iyicwa rya bamwe mu bagize umuryango wa Padiri Ubald Rugirangonga muri jenoside yakorewe abatutsi, nyamara Ubald aramubabarira agerekaho no kumwishyurira abana amashuri.Uyu na we arasa n’uwahungabanye

Padiri Ubald yitabye Rurema yari amaze imyaka 11 muri Paruwasi ya Mushaka aho yatangirije urugendo rw'isanamitima binyuze mu gusaba imbabazi no kuzitanga no kuvugisha ukuri mu komora ibikomere bituruka kuri jenoside yakorewe abatutsi.

Iyo gahunda yaharuriye inzira  umusaza Nikuze Nicolas utari worohewe no gusaba imbabazi abo yiciye ababo muri jenoside yakorewe abatutsi,bikaba ari na ko  byari bimeze kuri Mukambayiha Anne Marie  wari akirwana n’umutima yibaza aho bizaca ngo ahe imbabazi abamuhekuye bakanamupfakaza.

Muri rusange imiryango irenga 300 yakize ibikomere iriyunga binyuze muri iyo gahunda y’isanamitima,ibintu byanatumye agirwa umurinzi w’igihango, none icyorezo Covid 19 kiramuhitanye kandi yari igikomeje.

Kuri benshi,igikurikiyeho  ni ukwibaza ahazaza h’iyi gahunda. Ariko Rwabugiri Simeon, Padiri mukuru wa paruwasi ya Mushaka iyi gahunda yatangirijwemo yavuze ko nta kizayihagarika.

Abenshi mu bari bamuzi,baremeza ko atazava mu mitima yabo. Ku ibanga ry’amahoro,aho abaturutse imihanda yose y’isi baza gusengera no kwakira ibitangaza, ndetse hakaba hanamwitirirwa kuko ari we wahatangije, n’ubu baraza kuhasengera ariko bafite agahinda.

Kuva muri Werurwe umwaka ushize,Padiri Ubald yari mu butumwa muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, arko mu  kwezi k’Ugushyingo,bimenyekana ko arwaye Covid 19 aza no kuyikira icyakora isiga imuhungabanyije mu myanya y’ubuhumekero. Inkuru ko yitabye Imana yamenyekanye mu gitondo cyo ku wa gatanu tariki ya 8 uku kwezi kwa mbere 2021, aguye aho muri Leta zunze ubumwe za Amerika.

Theogene TWIBANIRE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama