AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Akarere ka Rusizi kijeje ko urwibutso rwa Jenoside rwa Nyarushishi rugiye kwagurwa

Yanditswe Jun, 23 2021 18:45 PM | 93,187 Views



Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burizeza abafite ababo bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nyarushishi, ko imirimo yo kurwagura itazatinda kugirango indi mibiri yose ishobora kuboneka izajye ishyingurwa neza.

Ni nyuma y’aho abafite ababo bahashyinguye bakomeje kubisaba ariko ubuyobozi bwo bukavuga ko hagishakishwa amikoro.

Gatete Thacie umwe mu baharokokeye, avuga ko umusozi wa Nyarushishi wubatsweho uru rwibutso, ubitse amateka abawurokokeyeho batazibagirwa, harimo kuba abahiciwe barabanje kubabazwa bikomeye, byabanzirizwaga no gushukwashukwa bakagezwa aho bagombaga kwicirwa.

Jenoside yakorewe Abatutsi igihagarikwa, haciyeho igihe kinini imibiri y’abazize Jenoside ishyinguye mu buryo butayihesha icyubahiro.

Iyi mibiri yaje kwimurirwa mu rwibutso rugezweho ruruhukiyemo iyo mibiri.

Mu ijwi ry’abafite ababo barushyinguyemo, Perezida w’umuryango Ibuka mu karere ka Rusizi Laurent Ndagijimana avuga ko kubakwa kwarwo ari ibyo kwishimirwa kuko runahuza amateka menshi, icyakora agasaba ko imirimo yo kurwagura yakwihutishwa.

Aya mateka akomeye uyu musozi wa Nyarushishi ubitse, urubyiruko rwo muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rusizi rwibumbiye mu muryango AERG, niyo ruvuga ko rufatiraho isomo ryo kurwanya ikibi cyose cyane cyane ingengabitekerezo ya Jenoside.

Mu gukomeza gusigasira aya mateka, Umuyobozi w’akarere ka Rusizi Kayumba Ephrem avuga ko inyigo yo kuvugurura uru rwibutso rwa Jenoside rwa Nyarushishi yarangiye, ubu hagishakishwa ubushobozi.

Ubwo hibukwaga ku nshuro ya 27 abatutsi bazize jenoside mu 1994, hanashyinguwe imibiri 16 yabonetse mu Mirenge itandukanye igize aka karere ka Rusizi, ni mu gihe muri uru rwibutso hari hasanzwe haruhukiyemo indi 8489.


Gatete Eric Rafiki




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize