AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Akanyamuneza ku baturage bakuriweho ibipimo by'umusoro byari bibaremereye

Yanditswe Mar, 18 2021 07:15 AM | 55,372 Views



Bamwe mu baturage ndetse n’abayobozi b’imiryango itari iya Leta, baravuga ko icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda cyo gusubiza ibipimo by’imisoro uko byari bimeze muri 2019, cyongeye gushimangira ihame ry'imiyoborere myiza aho umuturage afite ijambo mu bimukorerwa.

Kuva muri Nyakanga umwaka ushize wa 2020 ni bwo hatangiye gukurikizwa ibipimo bishya by'umusoro ku butaka, aho metero kare imwe yatangiye gusora hagati ya 0 n'amafaranga 300 mu gihe muri 2019 yasoraga hagati ya 0 n'amafaranga 80.

Ibyo bipimo bishya biteganywa n'itegeko ry'umusoro ku mutungo utimukanwa ryo muri 2018 ryakuruye impaka kugeza ubwo uwitwa Niyitanga Salto, usanzwe ari Umukuru w'umudugudu wa Gasasa, Akagali ka Rugando, Umurenge wa Kimihurura mu Mujyi wa Kigali agejeje icyo kibazo kuri Perezida Paul Kagame ubwo yaganiraga n'abanyarwanda hifashishijwe ikoranabuhanga tariki 21 Ukuboza 2020.

Nyuma yo kumva ibisobanuro bya Minisitiri w'imari n'igenamigambi, umukuru w'igihugu yasezeranyije Abanyarwanda ko agiye gukurikirana iki kibazo.

Ashingiye ku cyemezo cy'inama y'abaminisitiri yo kuwa 15 Werurwe uyu mwaka, Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana yatangaje ko umusoro ku butaka w'umwaka wa 2020 uzishyurwa hagendewe ku bipimo byakoreshejwe mu kwishyura umusoro wa 2019.

Ni icyemezo cyakiranywe akanyamuneza n'abaturange mu ngeri zinyuranye.

Ku ruhande rw’imiryango itari iya Leta, Umuyobozi w'Umuryango urwanya ruswa n'akarengane Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée, avuga ko iki cyemezo kigaragaza ubuyobozi bwumva bukanaha agaciro umuturage.

Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi ivuga ko ibipimo bishya by'umusoro ku butaka bizatangazwa mu gihe cya vuba ndetse ibyo bikaba ari na byo bizashingirwaho hishyurwa imisoro y'umwaka wa 2021.


Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira