AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Agatereranzamba mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID19 mu masoko na za gare

Yanditswe Aug, 03 2020 09:49 AM | 38,341 Views



Abaturage barema amasoko n'abahurira ahantu hahurira benshi nko muri za gare batewe impungege n'abakomeje kwirengagiza kubahiriza amabwiriza yo kurwanya no gukumira icyorezo cya COVID19 bikaba byaba intandaro yo gusubira muri gahunda ya guma mu rugo.

Ku isoko rya Kimironko mu karere ka Gasabo usanga bamwe mu bacuruzi n'abarema iri soko bambaye nabi agapfukamunwa abandi bafatanye ku ntugu.

Ni na ko bimeze no ku isoko rya kijyambere rya Nyabugogo ryubakiwe abahoze bakora ubucuruzi bwo kumihanda.

Iki kibazo kandi kinagaragara kuri gare abagenzi bategeramo imodoka aho usanga hashushanyije imirongo buri wese akwiye guhagararamo ariko ugasanga byirengagizwa.

Bamwe mu baturage bavuga ko batewe impungege no n'abadohotse ku mabwiriza yo kurwanya no gukumira icyorezo cya COVID19 bikaba bishobora kuba intandaro yo gusubira muri gahunda ya guma mu rugo.

Bamwe mu bayobozi b'aha hahurira abantu benshi bavuga ko n'ubwo bashyiramo imbagara mu gukangurira abaturage gushyira mu bikorwa aya mabwiriza hari abagifite imyumvire yo hasi.

Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu ivuga ko kuba abantu batarashyira mu mitwe yabo kumva ingaruka z'iki cyorezo ku gihugu bakirengagiza amabwiriza atangwa, ari byo bizatuma hafatwa ingamba zikarishye kuri buri wese udohoka mu kubahiriza aya mabwiriza yitwaje ko ibihano bahabwa ntacyo bitwaye.

Inkuru irambuye mu mashusho


Jean Paul TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira