Yanditswe Jan, 30 2018 17:02 PM | 9,106 Views
Mu gihe imwe mu mishinga ikomeye igamije gufasha Afurika kwigira mu bukungu yatangiye gushyirwa mu bikorwa, Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba na Perezida w’umuryango w’Afurika yunze ubumwe asanga hari icyizere ko n’isigaye izagenda ishyirwa mu bikorwa mu gihe gikwiye.
Mu minsi mike atangiye inshingano ze nk’uyoboye umuryango w’Afurika yunze ubumwe, Perezida wa repubulika Paul Kagame yatangije ku mugaragaro isoko rihujwe ryo gutwara abantu n’ibintu mu kirere ku rwego rw'umugabane w'Afurika, Single African Air Transport Market.
Gushyiraho iri soko bikaba byaremejwe mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’Afurika yunze yabereye I Yamoussoukro muri Cote d’Ivoire mu mwaka wa 2015. Kugera mu mpera z’umwaka ushize wa 2017 ibihugu 21 birangajwe imbere n’u Rwanda nibyo byari bimaze gushyira umukono ku masezerano abihuriza muri iryo soko ryo gutwara abantu n’ibintu mu kirere.
Mu kiganiro n’abanyamakuru I Addis Ababa, Perezida Paul Kagame yashimangiye ko umugabane w’Afurika ufite ibikenewe byose ngo ugere ku majyambere umaze ibinyejana urota kugeraho. Yagize ati, "Mu byukuri urebye ibyo umugabane wacu ufite haba abantu cyangwa indi mitungo, byakabaye bihagije kugirango bitugeze aho twifuza. K’urundi ruhande ariko nubwo ibyo bihari, bisa nkaho bidahagije ukurikije intambwe cyangwa umuvuduko twakabaye tugenderaho, kandi ibyo turabyemera ko tubisangiye nk’abayobozi b’Afurika, gusa dukomeje gushaka uburyo bwo gukomeza inzego n’imiryango y’ibihugu, ku buryo ibasha gukomeza gukora mu nyungu z’abaturage bacu, bikajyana kandi no kubatega amatwi tukumva ibitekerezo byabo, uko babona ibintu, ibyo bakeneye, kandi iyo n’imyumvire abayobozi b’Afurika duhuriyeho kandi twizeye ko bizakomeza gutera imbere.
Ibihugu bigera kuri 19 gusa byihariye 53% by’abakerarugendo bagera kuri miliyoni 63.5 basura Afurika. Inyigo yakozwe n’impuguke mu bukungu yagaragaje ko guhuza isoko ryo gutwara abantu n’ibintu mu kirere biramutse bikozwe mu bihugu 12 bya Afurika, umusaruro mbumbe wabyo wakwiyongeraho miliyari 1.3 z’amadolari, hagahangwa imirimo mishya 155,000 ndetse hakazigamwa miliyoni 500 z’amadolari mu matike y’indege, bikongera serivisi ku kigero cya 75%.
Iri soko rihujwe ryo gutwara abantu n’ibintu mu kirere kandi ni umwe mu mishinga y’umuryango w’Afurika yunze ubumwe iri mu cyerekezo cyawo 2063.
Amasezerano yemeza ishyirwaho ry’isoko rusange rihuriweho n’ibihugu bigize umugabane w’Afurika, The Continental Free Trade Area, yemejwe mu nama ya 30 y’abakuru b’ibihugu by’Afurika yunze ubumwe ya 30 iheruka gusoza imirimo yayo I Addis Ababa. Gutangiza iri soko ku mugaragaro hasinywa amasezerano yo kuritangiza biteganyijwe muri Werurwe I Kigali, nk’uko Perezida Paul Kagame akaba na Perezida w’Afurika yunze ubumwe yabigarutseho mu ijambo risoza iyi nama.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru