AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Aborozi bo muri Rutsiro na Nyabihu barashima ko bakorewe imihanda igeza umukamo ku makusanyirizo

Yanditswe Jan, 04 2022 14:39 PM | 4,539 Views



Bamwe muborozi bo mu turere twa Rutsiro na Nyabihu, baravuga ko bashima ko bakorewe imihanda ibafasha kugeza umukamo ku makusanyirizo n'amakaragiro, ariko bakavuga ko bitaragera ku rwego babyifuzaho.

Ni mu gihe ubuyobozi bw'utu turere, buvuga ko bwatangiye ibikorwa byo gukora imihanda izafasha mu kongera ubwiza n'ubwinshi bw'umukamo.

Munyamboneza Daniel utuye mu Murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro, avuga yatangiye gusoroma ku mbuto nziza ziva ku ikorwa ry'umuhanda uva ku ikusanyirizo rito rya Bitenga, ujya ku muhanda wa kaburimbo wa Karongi-Rubavu uri mu aka karere.

Ikorwa ry'imihanda nk'iyi muri aka karere rirarimbanyije, gusa bagenzi babo bo mu Karere ka Nyabihu nabo bishimira ko hari imihanda nk'iyi yakozwe, gusa ngo hari aho itaragera kandi bibatera igihombo.

Umuyobozi wungirije w'Akarere ka Rutsiro ushinzwe ubukungu, Etienne Havugimana avuga ko hari gahunda yo gukora iyi mihanda hagamijwe kongera ubwiza n'ubwinshi bw'umukamo, bikazakemurwa bitarenze imyaka ibiri, ku buryo imihanda nk'iyi izaba yageze hirya no hino hafi y'aborozi.

Umuyobozi w'Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinnette avuga ko ubu hatangiye gukorwa no gusanwa imihanga, harimo n'irimo gushyirwamo kaburimbo ihuza amakaragiro n'amakusanyirizo ndetse n'ibyanya bikorerwamo ubworozi bw'inka muri aka karere.

Uturere twa Rutsiro na Nyabihu duherereyemo aborozi b'inka benshi. akenshi bakorera ubworozi ku nkengero za Parike ya Gishwati.

Ubu mu karere ka Rutsiro habarurwa amakusanyirizo mato n'amanini 7, ndetse n'inka zirenga ibihumbi 59.

Ni mu gihe mu karere ka Nyabihu habarurwa amakusanyirizo nk'ayo 19,  n'inka zirenga ibihumbi 38.


Fiston Felix Habineza




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira