AGEZWEHO

  • Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi – Soma inkuru...
  • Rusizi: Minisitiri Ngabitsinze yaburiye abanze kubaka ibibanza bahawe ko bashobora kubyamburwa – Soma inkuru...

Abifuza kubaka barasaba ko hashyirwaho itegeko rigena ibiciro by'ibishushanyo by'inzu

Yanditswe Mar, 19 2023 15:25 PM | 28,756 Views



Bamwe mu baturage hirya no hino mu gihugu bashaka ibyangombwa byo kubaka, barasaba ko hashyirwaho ibiciro bihamye kuri ba rwiyemezamirimo bari mu rugaga rw’abubatsi kuko buri wese aca amafaranga yishakiye ngo rimwe na rimwe hakazamo na ruswa.

Aba baturage bakenera ibyangombwa byo kubaka harimo abubaka amagorofa, inzu zo guturamo, insengero n’izindi nyubako. Kugira ngo babone ibyangombwa bisaba ko abahanga mu bwubatsi bari mu rugaga babakorera ibishushanyo mbonere by’izi nyubako bakaba ari byo bizashingirwaho hatangwa uruhushya rwo kubaka. Aba baturage bavuga ko bafite ikibazo cy’amafaranga bishyuzwa kuko buri wese mu bari mu rugaga yishyuza amafaranga yishakiye.

Bamwe mu bari mu rugaga rw’abubatsi mu Rwanda bemera ko buri wese aca mafaranga ashaka ariko ngo bishingirwa ku kazi baba bakoze.

Abakuriye serivise z’ubwubatsi no gutanga impushya zo kubaka mu turere bavuga ko iki kibazo cy’akajagari mu biciro by’abashaka impushya zo kubaka giterwa no kuba nta tegeko ryihariye ryashyizweho ribigena, bigatuma habaho kumvikana hagati y’umuturage na rwiyememirimo uzamushushanyiriza inyubako.

Umuyobozi ushinzwe amategeko y’imyubakire mu kigo gishinzwe iterambere ry’imyubakire Janvier Muhire avuga ko kuba iri tegeko rigena ibiciro kubari mu rugaga rw’abubatsi ritarajyaho ngo haracyarimo ikibazo ariko ngo hari ikiri gukorwa ngo bijye ku murongo.

Kuri ubu itegeko rigena gusa amafaranga ajya mu isanduku ya leta, umuturage ushaka icyangombwa cyo kubaka ikibanza gifite ubuso kuva kuri 0 kugera kuri metero kare 100 yishyura ibihumbi 20. Ikibanza gifite metero kare ziri hagati 100 na 500 umuturage yishyura ibihumbi 40 naho inyubako ijya mu kibanza kiri hejuru ya metero kare 500 hishyurwa ibihumbi 60.


Jean Paul Turatsinze



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m