Yanditswe Mar, 19 2023 15:25 PM | 28,011 Views
Bamwe mu baturage hirya no hino mu gihugu bashaka ibyangombwa byo kubaka, barasaba ko hashyirwaho ibiciro bihamye kuri ba rwiyemezamirimo bari mu rugaga rw’abubatsi kuko buri wese aca amafaranga yishakiye ngo rimwe na rimwe hakazamo na ruswa.
Aba baturage bakenera ibyangombwa byo kubaka harimo abubaka amagorofa, inzu zo guturamo, insengero n’izindi nyubako. Kugira ngo babone ibyangombwa bisaba ko abahanga mu bwubatsi bari mu rugaga babakorera ibishushanyo mbonere by’izi nyubako bakaba ari byo bizashingirwaho hatangwa uruhushya rwo kubaka. Aba baturage bavuga ko bafite ikibazo cy’amafaranga bishyuzwa kuko buri wese mu bari mu rugaga yishyuza amafaranga yishakiye.
Bamwe mu bari mu rugaga rw’abubatsi mu Rwanda bemera ko buri wese aca mafaranga ashaka ariko ngo bishingirwa ku kazi baba bakoze.
Abakuriye serivise z’ubwubatsi no gutanga impushya zo kubaka mu turere bavuga ko iki kibazo cy’akajagari mu biciro by’abashaka impushya zo kubaka giterwa no kuba nta tegeko ryihariye ryashyizweho ribigena, bigatuma habaho kumvikana hagati y’umuturage na rwiyememirimo uzamushushanyiriza inyubako.
Umuyobozi ushinzwe amategeko y’imyubakire mu kigo gishinzwe iterambere ry’imyubakire Janvier Muhire avuga ko kuba iri tegeko rigena ibiciro kubari mu rugaga rw’abubatsi ritarajyaho ngo haracyarimo ikibazo ariko ngo hari ikiri gukorwa ngo bijye ku murongo.
Kuri ubu itegeko rigena gusa amafaranga ajya mu isanduku ya leta, umuturage ushaka icyangombwa cyo kubaka ikibanza gifite ubuso kuva kuri 0 kugera kuri metero kare 100 yishyura ibihumbi 20. Ikibanza gifite metero kare ziri hagati 100 na 500 umuturage yishyura ibihumbi 40 naho inyubako ijya mu kibanza kiri hejuru ya metero kare 500 hishyurwa ibihumbi 60.
Jean Paul Turatsinze
Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD
3 hours
Soma inkuru
Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi
Jun 08, 2023
Soma inkuru
Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw’amazi rwa Nzove
...
Jun 05, 2023
Soma inkuru