Yanditswe Jul, 19 2021 14:43 PM | 39,865 Views
Abayobozi b’ihuriro ry’imijyi
ikoresha ururimi rw’Igifaransa, basanga inzego zose zikwiye guhagurukira
ikibazo cy’ubwiyongere bukabije bw’abaturage by’umwihariko muri Afurika,
kugirango uyu mugabane uzabashe gutera imbere.
Ibi babigaragarije mu nama ya 41 y’iri huriro yatangiye kuri uyu wa mbere i Kigali.
Umuryango w’abibumbye ugaragaza ko umubare w’abatuge muri Afurika ukomeje kwiyongera, muri 2050 bakazaba ari hafi miliyari ebyiri n’igice ni ukuvuga hafi 1/3 cy’abatuye isi.
Ubwiyongere bukabije bw’abaturage ni kimwe mu bibazo by’ingutu byugarije by’umwihariko ibihugu bya Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.
Guhangana n’iki kibazo higwa kuri gahunda yo kuboneza urubyaro ni imwe mu ngingo z’inama y’ihuriro ry’abayobozi b’imijyi ikoresha Igifaransa iteraniye i Kigali.
Ahereye ku bunararibonye bw’u Rwanda, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yerekanye ko kwita kuri iyi gahunda bifite inyungu nyinshi ku iterambere ry’ibihugu
Ati “U Rwanda rufite ibyo rwasangiza abandi mu miyoborere myiza n’amavugurura y’ingenzi yakozwe mu myaka 27 ishize nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi. Mu bihugu byinshi munsi y’Ubutayu bwa Sahara usanga kuringaniza imbyara bigifite imbogamizi zerekeye idini, umuco, imbogamizi zikarushaho gukomera iyo bigeze ku bangavu. Ndagirango mvuge ko kuringaniza imbyaro byagura ubushobozi bwo kurera, byongerera ubushobozi umugore, bigabanya ubwiyongere bw’abaturage, byihutisha iterambere rusange, bigatuma igihuu kigera ku iterambere kiyemeje.”
Abateraniye muri iyi nama bavuga ko urugamba rwo guhangana n’ubwiyongere bukabije bw’abaturage rusaba ubufatanye bw’abantu bose, bakizera ko iyi nama y’i Kigali izatanga umusanzu muri urwo rwego
Oumarou Degari Moumouni, umuyobozi wa Niamey muri Niger we yagize ati “Birakwiye ko twese tureba mu cyerekezo kimwe kandi ndakeka ko inyigo zikorwa zizabitwereka. Imijyi 13 irimo gukorana na AIMF izatwereka ko ari ngombwa cyane kuringaniza imbyaro kugirango duteze imbere imijyi yacu.”
Iyi nama y’abayobozi b’imijyi ikoresha ururimi rw’Igifaransa iteranye ku nshuro ya 41 iraba hubahirizwa ingamba zose zo kwirinda covid19, kandi uyitabira wese akabanza kugaragaza ko yipimishije kandi atanduye icyo cyorezo.
Jean Damascène Manishimwe
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru