AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abayobozi b'inzego z'ibanze barasabwa gukurikirana imikorere y'imirenge SACCO

Yanditswe Aug, 24 2016 10:09 AM | 2,910 Views



Guverineri wa Banki Nkuru y’igihugu John Rwangombwa, yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze gukurikiranira hafi imikorere y’Imirenge Sacco kugira ngo irusheho kwihutisha iterambere ry’abaturage, ariko abasaba kwirinda kwivanga mu mikorere yazo.

Ubu butumwa Guverineri Rwangombwa yabutangiye mu nama yahuje abayobozi b’uturere tugize Intara y’iburasirazuba, ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’igihugu n’izindi nzego zitandukanye.

John Rwangombwa yasabye abayobozi kujya bamenya neza niba imirenge sacco yihutisha iterambere ry’abaturage kuko ari cyo zashyiriweho, gusa ashimangira ko ibyo bidakwiye kuba impamvu ituma bivanga mu mikorere yazo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe ubukungu Mudaheranwa Regis, ahamya ko ubwigenge bwa Sacco butuma abayobozi b’inzego z’ibanze batabona amakuru ahagije yatuma hari icyo bakora ngo bazifashe gutera imbere.

Hatanzwe urugero rwa Sacco ya Musha, aho batwaye amafaranga ya mituweli yari yishyuriwe abaturage, nyamara bakabura uko babishyuza kuko nta makuru ahagije bafite kuri za Sacco ndetse na raporo z’ubugenzuzi bakaba ntazo bafite.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira