AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abatuye mu Majyepfo bamaganye u Bubiligi ku butabera bwahawe MRCD-FLN

Yanditswe Sep, 21 2021 19:37 PM | 42,280 Views



Abaturage bagizweho ingaruka n'ibitero by'inyeshyamba za FLN, baravuga ko itangazo ryashyize hanze n'u Bubiligi rikubiyemo kunenga ubutabera bwahawe abayobozi bakuru ba MRCD-FLN, ryabababaje kuko rigaragaza ukudaha agaciro ubuzima bw'abaturage b'inzirakarengane baguye mu bitero bitandukanye izi nyeshyamba zagabye ku butaka bw' u Rwanda.

Nyuma y'uko urugereko rwihariye rw'urukiko rukuru rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n'ibyambukiranya imikapa ruhanishije Paul Rusesabagina wahoze ari perezida w'impuzamashyaka MRCD igifungo cy'imyaka 25, n'abandi bayobozi ba MRCD-FLN bagakatirwa imyaka itandukanye.

Igihugu  y'u Bubiligi mu itangazo ryasohowe na Minisitiri w'intebe wungirije akaba na Minisitiri w'ububanyi n'amahanga  Sophie Wilmès hagaragayemo ukutishimira imyanzuro y'urukiko maze banenga ubutabera bwahawe Paul Rusesabagina, nyamara ibi bivugwa hirengagijwe uruhare rutaziguye MRCD-FLN bagize mu gukomeretsa imitima y’abanyarwanda

Kuri Mukashyaka Josephine utuye mu mudugudu wa Rwerere  mu kagali ka Nyabimata mu murenge wa Nyabimata mu karere ka Nyaruguru, uyu wapfakajwe akiri muto  n'ibitero izi nyeshyamba zagabye bwa mbere ku butaka bw'u Rwanda mu ijoro rya taliki ya 19 rishyira 20 Kamena 2018, yemeza ko ibikomere yasigaranye ku mutima bituma we nyumvaga nta mbabazi zahabwa ababigizemo uruhare bose.

Iyi baruwa ikimara gushyirwa ahagaragara, bamwe mu baturage  bagizweho ingaruka n'ibitero by'inyeshyamba za FLN baravuga ko bababajwe cyane n'uburyo kugeza ubu igihugu cy'u Bubiligi kitaraha agaciro amaraso y'abaturage b'inzirakarengane bishwe n'inyeshyamba zaterwaga inkunga ya hafi n'impuzamashyaka MRCD Paul Rusesabagina yari ayoboye.

Ku ikubitiro Paul Rusesabagina akimara gutabwa muri yombi, intambara ya bimwe mu bihugu by’amahanga byayishoye ku Rwanda birusaba kumurekura igitaraganya ngo kuko yafashwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Kuba atararekuwe ku bw’icyo gitutu abaturage babishimira Leta y’u Rwanda, yo yahisemo imiyoborere ibereye abarutuye kurenza kureba inyungu z’ibihugu by’amahanga.

Impuguke mu mategeko akaba n’umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr Muleefu Alphonse avuga ko u Rwanda rwakoze ibishoboka byose rutanga ubutabera bukwiye,  rutitaye ku gitutu cyo gushyira mu bikorwa ibyifuzo bya  bimwe mu  bihugu by’amahanga, ibitangazamakuru ndetse n’imiryango itegamiye kuri Leta byifuzaga muri uru rubanza nyamara bakirengagiza ubutabera bwagombaga guhabwa abanyarwanda bagizweho ingaruka zikomeye n’ibitero bya FLN.

Kuri Dr Alphonse avuga kandi ko u Bubiligi bukwiye kwikura mu mutwe ko bimwe mu bihugu bya Afurika,  nk’u Rwanda rutakifuza kugendera ku miyoborere mvamahanga ishobora kubangamira ishyirwa mu bikorwa ry’ibyifuzo by’abanyarwanda.

Tariki ya 31 Kanama 2020 ni bwo Paul Rusesabagina yeretswe itangazamakuru  n’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha.

Hari hashize igihe Rusesabagina ashyiriweho impapuro mpuzamahanga zisaba ko afatwa agashyikirizwa ubutabera kugira ngo abazwe ku byaha bikomeye yari akurikiranweho birimo iterabwoba, gutwika, ubushimusi n’ubwicanyi byakorewe abaturage mu duce dutandukanye tw’uRwanda turimo Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru muri Kamena 2018 no muri Nyungwe mu Karere ka Nyamagabe mu Kuboza 2018.

Callixte Kaberuka




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira